Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ukomoka mu Rwanda, akaba asanzwe ari n’umukinnyikazi wa Filimi, aherutse gukorana ubukwe na Guillaume Gabriel na we ukomeye i Burayi mu gukina filimi, mu bukwe bwabaye mu kwezi gushize, ndetse bwanagaragarijwe amafoto yabwo.

Ni ubukwe bwo gusezerana mu rusengero, byabereye muri kiliziya yitiriwe Mutagatifu Yakobo, Saint-Jacques d’Illiers-Combray.

Nyuma y’uku gusezerana byabaye tariki 21 Nzeri 2025, bucyeye bwaho ku ya 20 Nzeri, hanabaye ibiriro by’ubukwe bwa gakondo, byagaragaye mu muco nyarwanda, dore ko uyu mugore ukomoka mu Rwanda yari anambaye Kinyarwanda.

Ubu bukwe kandi bwanatashywe n’abakobwa na Sonia Rolland; Tess na Kahin bagaragaje ibyishimo by’ubukwe bw’umubyeyi wabo warushinganye na Guillaume Gabriel.

Amafoto dukesha ikinyamakuru ‘Paris Match’, agaragaza Sonia na Guillaume bakoze ubukwe, bagaragaza akanyamuneza kadasanzwe.

Ubukwe bwabo bubaye hyuma y’amezi macye, aba bombi banasuye u Rwanda, dore ko muri Mutarama uyu mwaka, bari mu Rwanda bakanasura ibikorwa binyuranye, birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Sonia avuga ko urukundo rwe na Guillaume rwafashe igihe kinini dore ko bamaranye imyaka 20 bari mu munyenga w’urukundo, kandi ko nta muntu yabonye uzwi kwihangana no gutegereza nk’umugabo we.

Yagize ati “Buri umwe yahoraga akurura undi amwishimira ariko twari tutari twabona umwanya mwiza. Ubusanzwe abagabo ntibakunze kugira imbaraga zo kwihangana, ariko byarangiye mwemereye.”

Sonia Rolland wagarutse ku mateka y’urukundo rwabo, yavuze uko bamenyanye, bagahurira muri resitora, akamwaka nimero ya telefone, akaza kumugaragariza urukundo anamushyikiriza indabo zitagira uko zisa.

Sonia Rolland n’umugabo we ubwo bakoraga ubukwe
Habaye n’imihango ya kinyarwanda

Ubukwe bwe kandi bwanitabiriwe n’abakobwa be babiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + three =

Previous Post

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Related Posts

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

by radiotv10
02/10/2025
0

Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda banagezweho muri iyi minsi, nka The Ben, Bruce Melodie na Kevin Kade, bahatanye mu bihembo...

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe...

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

by radiotv10
01/10/2025
0

Usengimana Danny wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no muri Afurika, wanabaye rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yabatirijwe muri Canada aho asigaye...

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuhanzikazi Angel Mutoni yongewe mu bahanzi bazataramira abazitabira igitaramo ‘World Champs Night Life’ kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’amagare, cyanatumiwemo abahanzi bakomeye...

IZIHERUKA

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

02/10/2025
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

02/10/2025
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

02/10/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

02/10/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

02/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.