Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss
Share on FacebookShare on Twitter

Naomie Nishimwe wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko yanyuze mu bihe by’agahinda gakabije (depression) abitewe n’ibyo abantu bamuvuzeho ku manota yagize mu bizamini bya Leta yagiye hanze nyuma yo kwegukana ikamba.

Miss Naomie yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yari umwe mu batanze ibiganiro mu gikorwa cyiswe “Girls Impact Gathering-Girls rising for Family & Nation (Isaiah 61:3-4)” kigamije guhugura urubyiruko rw’abakobwa.

Miss Namie wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, yagarutsweho cyane ubwo amanota y’ibizamini bya Leta by’abari barangije ayisumbuye byajyaga hanze, aho bamwe banengaga amanota yagize.

Muri iki kiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri, Naomie yagarutse ku byamuvugwagaho icyo gihe, avuga ko byamugizeho ingaruka mu mitekerereze ye, byatumye arushaho gutakambira Imana.

Ati “Naravuzwe cyane mu Gihugu hose, navuga ko ibi ari ubwa mbere mbivuzeho. Natangiye kwishidikanyaho, mbwira Imana nti ‘ubu mfite ikamba’, mbwira Imana nti ‘…’ icyo ngihe nta cyizere nari mfite, ubwo Covid-19 izamo noneho…”

Ubwo hadukaga iki cyorezo cya Covid, Naomie yabuze uburyo yashyira mu bikorwa imishinga yari yamuritse ubwo yiyamamarizaga kwegukana ikamba rya Nyampinga, ariko bitamubuzaga na we kugira icyo ashyira ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko yashyiraga ifoto ku mbuga nkoranyambaga, abantu bakamusamira hejuru bamutuka, bagendeye ku manota yo mu bizamini bya Leta.

Avuga ko yakiraga ibitekerezo by’abantu bamubwira bati “’wowe uri umuswa, urapositinga amafoto, ibyo ngibyo ni byo twagutoreye…’ Noneho nkumva namubwira ngo twese turi muri Covid-19, Guma mu Rugo, ndakora iki muri aya masaha?”

Yakomeje agira ati “Byari byinshi kuri njye. Natangiye gusenga, hari igihe ugera muri ibyo bihe, ukumva Imana yaragusize, ukumva wagenda ahantu ukavuza induru, ariko iyo Imana yavuze ikintu…”

Miss Naomie wavuze ko gusenga byamufashije kunyura muri ibi bibazo byose, kandi nyuma yaje guterwa imbaraga no kubona hari abantu bamwishimira banamubwira ko ababera urugero rwiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + one =

Previous Post

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Next Post

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Related Posts

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

by radiotv10
02/09/2025
0

Umukinnyi wa Film Dwayne Johnson wamamaye nka The Rock, yazamuye impaka ku isura nshya ye, agaragara yaratakaje ibilo mu buryo...

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

by radiotv10
02/09/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Tonzi uherutse gushyira hanze igitabo, yarangije icyirico cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye...

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Umuhanzikazi Knowless yifurije isabukuru nziza umugabo we Ishimwe Clement, akoresheje amagambo aryohereye, amushimira uburyo yamubereye uw’agaciro gakomeye mu buzima bwe....

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

by radiotv10
01/09/2025
0

Umuhanzi Jean Pierre Clever Tuyizere wamenyekanye nka Papi Clever uririmbana n’umugore we Dorcas, yemeza ko umuziki wo kuramya no guhimbaza...

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

by radiotv10
28/08/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi, Uwankusi Nkusi Lynda wamamaye nka Lynda Priya, yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we mushya, amwifuriza isabukuru nziza...

IZIHERUKA

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo
AMAHANGA

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

by radiotv10
03/09/2025
0

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

03/09/2025
Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

03/09/2025
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

03/09/2025
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

03/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.