Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in Uncategorized
0
Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Phénéas Munyarugarama wari mu bashakishwa na IRMCT kubera uruhare yakekwagaho kugira muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, byemejwe ko yapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri 2002.

Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), byemeje ko uyu mugabo wari umwe mu bagombaga kuburanishwa n’uru rwego, yapfuye tariki 28 Gashyantare 2002 aguye ahitwa Kankwala mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yazize urupfu rusanzwe.

Bikubiye mu itangazo ryasohowe na IRMCT kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 nyuma y’iminsi micye uru rwego rutangaje ko na Protais Mpiranya na we washakishwaga n’uru rwego, yapfuye muri 2006 aguye i Harare muri Zimbabwe.

Umushinjacyaha Mukuru w’uru rwego, Serge Brammertz yatangaje ko gutangaza iby’urupfu rwa Phénéas Munyarugarama, bigamije kumenyesha abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi ko urubanza rwe rwashyinguwe.

Yavuze ko mu myaka ine ishize hari ibirego bine byahagaritswe ubu uru rwego rukaba rusigaranye mu nshingano zarwo abantu bane by’umwihariko ubu uhanzwe amaso akaba ari Fulgence Kayishema wigeze kuba muri Afurika y’Epfo.

Phénéas Munyarugarama yahoze mu gisirikare [FAR] cya Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi, akaba yarashyiriweho impapuro zimuta muri yombi na ICTR muri 2002 aho yari akurikiranyweho ibyaha yakoze ubwo yari umuyobozi w’ikigo cya Gisirikare cya Gako muri Bugesera muri Perefegitura ya Kigali Ngari.

Yari akurikiranyweho ibyaha umunani birimo Jenoside, gukora Jenoside nka gatozi ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Bimwe mu bikorwa yakekwagaho birimo kuba ubwe yaragiye mu bitero byishe Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya za Ntarama na Bugesera ndetse n’ibikorwa byo gufata ku ngufu Abatutsikazi.

Muri Kamena 1994, Munyarugarama n’umuryango we bahungiye mu cyahoze ari Zaire, nyuma aza no kujya mu mitwe y’abahoze muri FAR bariho bongera kwisuganya ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda irimo FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Next Post

Ntabwo twavuze ko agapfukamunwa kavuyeho ntitwifuzaga ko kanavaho- PM Ngirente

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo twavuze ko agapfukamunwa kavuyeho ntitwifuzaga ko kanavaho- PM Ngirente

Ntabwo twavuze ko agapfukamunwa kavuyeho ntitwifuzaga ko kanavaho- PM Ngirente

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.