Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Clare Akamanzi na Pierre Damien ngo ni Abaminisitiri- Papa Cyangwe na Chris Eazy baradusekeje

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO, UDUSHYA
0
Clare Akamanzi na Pierre Damien ngo ni Abaminisitiri- Papa Cyangwe na Chris Eazy baradusekeje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro 10 Battle cya RADIOTV10, Papa Cyangwe na Chris Eazy bahanganye mu mukino nkarishyabwenge waranzwe n’ibitwenge, bageze ku Baminisitiri bazi bo mu Rwanda, umwe avuga ko azi Clare Akamanzi na Pierre Damien.

Uyu mukino wa 10 Batlle utambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10 ukaba kimwe mu biganiro bikunzwe mu Rwanda, noneho wahuriyemo aba bahanzi bagezweho muri iyi minsi.

Ni umukino urangwa no kubaza abawitabiriye ibintu runaka cyangwa abantu bashobora kuvuga mu gihe cy’amasegonda 30’’.

Inota rya mbere muri uyu mukino, ryegukanywe na Chris Eazy wasubije imikino itanu ikinwa hadakoreshejwe umupira.

Babajijwe abanyamakuru b’imikino bazi, Papa Cyangwe yavuze ko yavuga barindwi ariko birangira avuze batatu gusa, bituma inota rya kabiri ryegukanwa na Chris Eazy.

Babajijwe kandi Abaperezida bo ku Mugabane wa Afurika bazi, Chris Eazy yiyemeza kuvuga bane, ariko amasegonda 30’’ amurangirana avuze babiri ari bo Paul Kagame na Museveni, bituma Papa Cyangwe yegukana inota rye rya mbere.

Naho ibikoresho umuntu ashobora gusanga mu cyumba cyo kuraramo, Papa Cyangwe yavuze ko yavuga 11, ariko avugamo n’ibikoresho byo mu gikoni kuko yavuzemo isorori na Cafetiere.

Ni igisubuzo cyazamuye ibitwenge, aho Chris Eazy yahise asa nk’userereza Papa Cyangwe mu buryo bwo gutera ubuse, ati “Wafata isorori ukayibika mu cyumba?…imbeba zagutera.”

Babajijwe Abaminisitiri bazi mu Rwanda, Chris Eazy avuga ko yavuga batatu ariko byarangiye nta n’umwe avuze wa nyawe kuko yavuze uwitwa Liam, Clare Akamanzi usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa RDB, na Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe ariko ubu utagifite umwanya mu buyobozi bw’u Rwanda.

Babajijwe indirimbo bavuga mu masegonda 30’’, Papa Cyangwe yiyemeje kuvuga 20 ariko birangira avuze 17.

Nubwo Chris Eazy yananiwe kuvuga Abaminisitiri ariko yegukanye uyu mukino kuko yagize amanota atanu (5) kuri abiri (2) ya Papa Cyangwe.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − five =

Previous Post

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Next Post

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.