Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwasabiye igihano cy’urupfu n’ibindi bihano biremereye abagize agatsiko ‘Forces du Progrès’ n’abandi bakurikiranyweho ibyaha bihungabanya umudendezo, barimo abaherutse kugaba igitero ku rugo rwa Joseph Kabila wigeze kuba Perezida w’iki Gihugu.

Uretse aba bashinjwa kugaba igitero kwa Kabila, baregwa hamwe n’abandi bitambitse ishyirwa mu bikorwa icyemezo cyo kwirukana abari bigabije inyubako ya Kamul Inter.

Mu gutanga umwanzuro wabwo mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, Ubushinjacyaha bwasabiye ibihano binyuranye birimo icy’urupfu abagize aka gatsiko k’aba bijanditse mu bikorwa by’urugomo.

Mu bihano byasabwe n’Ubushinjacyaha kandi, harimo igifungo cy’imyaka itantu kubera icyaha cyo gufunga abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, icy’imyaka 10 kubera gukoresha abana mu bikorwa bigize ibyaha.

Naho igihano cy’urupfu bakaba bagisabiwe n’Ubushinjacyaha kubera icyaha cyo kugambirira kwica, ndetse n’ikindi gihano cy’igifungo cy’imyaka 20 kubera ubujura buciye icyuho n’urugomo.

Abantu 65 ni bo baregwa muri uru rubanza rw’ibikorwa by’urugomo, ibyo kwigomeka ndetse no kugaba igitero ku rugo rwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, aho bagomba kugira icyo bavuga kuri ibi bihano basabiwe n’Ubushinjacyaha.

Iri tsinda rizwi nka Force du progrès rishinjwa uruhurirane rw’ibi byaha, ni abishyize hamwe bafitanye isano n’umutwe wa Politiki wa UDPS uri ku butegetsi muri DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Next Post

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.