Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru Fiona Muthoni na Nkusi Arthur wamamaye nka Rutura, bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Byagaragajwe n’uyu muryango, ukunze kugaragaza ibihe byiza ugirana iyo batembereye mu bihe by’ikiruhuko, bakagaragaza ko urukundo rwabo ruhora rutoshye.

Mu butumwa bw’amashusho n’amafoto bamaze iminsi bashyira hanze, bagaragaza ko bari bagiye kuruhukira ku kiyaga cya Muhazi giherereye mu Ntara y’Iburasirazuba.

Muri amwe mu mashusho bahafatiye, bagaragaza bishimye, ndetse umugore Muthoni Fiona bigaragara ko akuriwe ari hafi kwibaruka.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Nkusi Arthur yagize ati “Igihe cyose byahoraga ari bishya kuri twe, noneho uyu ni undi munezero mushya udushimisha.”

Bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice bakoze ubukwe, dore ko basezeranye muri Kanama 2021 mu bukwe bwabereye ku Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro.

Bombi bamenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru, aho Nkusi Arthur yakoze kuri Radio zitandukanye zirimo Kiss FM ari na yo aherukaho, yavuyeho avuga ko abaye agiye mu kiruhuko cy’uyu mwuga.

Naho Fiona Muthoni Narindwa wigeze no kwitabira amarushanwa y’ubwiza nka Miss Rwanda ya 2015, akorera igitangazamakuru mpuzamahanga cya CNBC, akaba anaherutse gutangira kugaragara mu kiganiro The Business EDGE gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu.

Bakoze ubukwe muri 2021
Byari ibyishimo

Bakunze kugaragaza ko bakundana byuzuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Next Post

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.