Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru Fiona Muthoni na Nkusi Arthur wamamaye nka Rutura, bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Byagaragajwe n’uyu muryango, ukunze kugaragaza ibihe byiza ugirana iyo batembereye mu bihe by’ikiruhuko, bakagaragaza ko urukundo rwabo ruhora rutoshye.

Mu butumwa bw’amashusho n’amafoto bamaze iminsi bashyira hanze, bagaragaza ko bari bagiye kuruhukira ku kiyaga cya Muhazi giherereye mu Ntara y’Iburasirazuba.

Muri amwe mu mashusho bahafatiye, bagaragaza bishimye, ndetse umugore Muthoni Fiona bigaragara ko akuriwe ari hafi kwibaruka.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Nkusi Arthur yagize ati “Igihe cyose byahoraga ari bishya kuri twe, noneho uyu ni undi munezero mushya udushimisha.”

Bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice bakoze ubukwe, dore ko basezeranye muri Kanama 2021 mu bukwe bwabereye ku Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro.

Bombi bamenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru, aho Nkusi Arthur yakoze kuri Radio zitandukanye zirimo Kiss FM ari na yo aherukaho, yavuyeho avuga ko abaye agiye mu kiruhuko cy’uyu mwuga.

Naho Fiona Muthoni Narindwa wigeze no kwitabira amarushanwa y’ubwiza nka Miss Rwanda ya 2015, akorera igitangazamakuru mpuzamahanga cya CNBC, akaba anaherutse gutangira kugaragara mu kiganiro The Business EDGE gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu.

Bakoze ubukwe muri 2021
Byari ibyishimo

Bakunze kugaragaza ko bakundana byuzuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Next Post

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Related Posts

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.