Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
‘Couple’ y’abanyamakuru bafite amazina azwi mu Rwanda igiye kwibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru Fiona Muthoni na Nkusi Arthur wamamaye nka Rutura, bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Byagaragajwe n’uyu muryango, ukunze kugaragaza ibihe byiza ugirana iyo batembereye mu bihe by’ikiruhuko, bakagaragaza ko urukundo rwabo ruhora rutoshye.

Mu butumwa bw’amashusho n’amafoto bamaze iminsi bashyira hanze, bagaragaza ko bari bagiye kuruhukira ku kiyaga cya Muhazi giherereye mu Ntara y’Iburasirazuba.

Muri amwe mu mashusho bahafatiye, bagaragaza bishimye, ndetse umugore Muthoni Fiona bigaragara ko akuriwe ari hafi kwibaruka.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Nkusi Arthur yagize ati “Igihe cyose byahoraga ari bishya kuri twe, noneho uyu ni undi munezero mushya udushimisha.”

Bagiye kwibaruka imfura yabo nyuma y’imyaka ibiri n’igice bakoze ubukwe, dore ko basezeranye muri Kanama 2021 mu bukwe bwabereye ku Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro.

Bombi bamenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru, aho Nkusi Arthur yakoze kuri Radio zitandukanye zirimo Kiss FM ari na yo aherukaho, yavuyeho avuga ko abaye agiye mu kiruhuko cy’uyu mwuga.

Naho Fiona Muthoni Narindwa wigeze no kwitabira amarushanwa y’ubwiza nka Miss Rwanda ya 2015, akorera igitangazamakuru mpuzamahanga cya CNBC, akaba anaherutse gutangira kugaragara mu kiganiro The Business EDGE gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu.

Bakoze ubukwe muri 2021
Byari ibyishimo

Bakunze kugaragaza ko bakundana byuzuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 12 =

Previous Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imbabazi imfungwa 558 zirekurwa ahibereye

Next Post

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.