Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda

radiotv10by radiotv10
02/10/2021
in SIPORO
0
CRICKET: U Rwanda rwatsinze Nigeria mbere yo gucakirana na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Nigeria amanota 126-121 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa Nyafurika ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri West Indies mu cyiciro cy’abakinnyi (ingimbi) batarengeje imyaka 19. Iyi mikino yo gushaka itike iri kubera mu Rwanda kuva kuwa 30 Nzeri-6 Ukwakiea 2021.

Ni umukino wabereye kubuga cya Cricket giherereye mwishuri ry’myuga nubumenyingiro (IPRC KIGALI OVAL)

Muri uyu mukino, ikipe y’igihugu ya Nigeri niyo  yatsinze Toss (Gutombora kubanza ku Bating  cyangwa ku Bollinga) bityo bahitamo gutangira baboringa, kubanza gutangira batera udupira arinako babuza u Rwanda gutsinda amanota menshi.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Nigeria nyuma y’uko u Rwanda rwari rwatsinzwe na Tanzania umukino ufungura

Birumvikana ko u Rwanda rwatangiriye muri batting (kubanza gukubita udupira) runashaka uko bashyiraho amanota menshi. Abasore b’uRwanda ntibigeze boroherwa n’ikipe ya Nigeria kuko batigeze basoza Ovars zabo zose. Muri Overs 49 n’udupira 3 abakinnyi bose uko ari 10 b’u Rwanda basohowe hanze y’ikibuga (All out).

Igice cyambere cyarangiye (Innings break) ikipe yu Rwanda ishyizeho amanota 125(125 Total runs)

Muri uyu mukino kapiteni wu Rwanda DIDIER Ndikubwimana yakinnye Overs 48 n’udupira 4 ariko atsindamo amanota 32 gusa.

Kapiteni w’u Rwanda, Ndikubwimana Didier ari kumwe na mugenzi we wa Nigeria, Emmanuel Boniface Oche

Igice cya kbiri cyatangiye Nigeria ariyo igiye ku Batinga (Batting) gukubita udupira arinako bashaka uko bakuraho ikinyuranyo cyashyizweho nu Rwanda kingana namanota 125 wongeyeho inota 1 (126)

Mugutangira ikipe ya Nigeria yagaragazaga urwego ruri hejuru kuburyo benshi mubakurikiranaga uyu mukino bayihaga amahirwe yogutsinda cyane ko aba basore bo banakinnye imikino y’igikombe cy’isi,Abasore bu Rwanda nabo niko barwanaga nokureba uko badefanda amanota bari batsinze,arinako bagenda basohora abakinnyi ba Nigeria.

Umukino warangiye u Rwanda arirwo rwegukanye itsinzi,kuko narwo rwabashije gusohora abakinnyi bose uko ari 10 ba Nigeria(All out)

Nigeria ikaba yatsinze amanota 121(Total runs) muri overs 39 n’ubupira 3 bingana n’ubupira 237.

Umukino w’u Rwanda na Nigeria wabereye i Gahanga

Muri uyu mukino Ntwari Steven (Rwanda) niwe wabaye umukinnyi mwiza w’umukino (Man of the match).

Undi mukino wahuzaga ikipe y’igihugu ya Tanzania na Namibia, Tanzania yabashije gutsinda umukino wayo wa kabiri itsinze Namibia amanota 200 muri Overs 50, abakinnyi 8 nibo basohotse ku ruhande rwa Tanzania.

Mu gihe Namibia yabatingaga yari ifite intego y’amanota 201,ariko abasosore ba Tanzaniya nibigeze baborohera kuko muri overs 37 n’udupira 3 bari bamaze gukuramo abakinnyi bose ba Namibia (All out), Namibia ikaba yarimaze gushyiraho amanota 152.

U Rwanda rwabonye intsinzi imbere ya Nigeria

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ukwakira 2021 ni ikiruhuko, imikino irakomeza kuri iki cyumweru.

Kuri iki cyumweru rero nibwo  u Rwanda ruzakina na Uuganda kuri stade mpuzamahanga ya Cricket iri i Gahanga mu gihe undi mukino uzahuza Tanzania na Nigeria ku kibuga cya Cricket kiri mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali(RP-IPRC KIGALI OVAL). Imikino izatangirira rimwe, saa tatu n’igice z’igitondo (09:30’).

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Ole Gunnar Solskjær yishimiye igaruka rya Marcus Rashford mbere yo gucakirana na Everton

Next Post

Hagiye hanze amafoto y’ubwukwe bw’umunyezamu, Nsengimana Dominique bwabaye mu ibanga

Related Posts

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amafoto y’ubwukwe bw’umunyezamu, Nsengimana Dominique bwabaye mu ibanga

Hagiye hanze amafoto y’ubwukwe bw’umunyezamu, Nsengimana Dominique bwabaye mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.