Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj Brianne yavuze icyo gukizwa byamuhishuriye n’ibyo byatumye acikaho

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Dj Brianne yavuze icyo gukizwa byamuhishuriye n’ibyo byatumye acikaho
Share on FacebookShare on Twitter

Gateka Esther Brianne uzwi nka DJ Brianne mu mwuga wo kuvangavanga imiziki, avuga ko nyuma yo kubatizwa mu mazi menshi no kwakira agakiza, hari byinshi yahagaritse, nko kwambara amaherena, kandi ko byatumye abona ko ari mwiza kurusha mbere.

Muri bibiliya Yera mu Bafilipi 3: 7-9 hagira hati “Nyamara ibyari indamu yanjye nabitekereje ko ari igihombo ku bwa Kristo, ndetse n’ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo ku bw’ubutunzi butagira akagero, ari bwo kumenya Kristo Yesu.”

Na DJ BrianNe avuga ko amaze kubatizwa yabonye ari mwiza, nubwo mbere yishyiragaho byinshi nk’amaherena menshi ashaka kugira ngo abantu bamwiteho, yumva ko ari byo byiza ariko ko ahubwo ko kutayambara ari byo byiza.

Ni mu kiganiro cyihariye yagiranye na TV10, aho yagarutse ku kwakira agakiza no kubatizwa mu mazi menshi, n’icyo byamuhinduyeho.

Ati “Amaherena nayakuyeho, mbere yuko mbatizwa, numvaga ko abantu babona ko nsa neza, nkeneye ko bandeba bakabona mfite ibintu bidasanzwe, ariko maze kwakira Yesu nk’Uwami n’umukiza nabonye ndi mwiza ibyo bintu ntabifite.”

Yakomeje avuga ko hari byinshi byamugoraga, ariko nyuma yo gukizwa ubu ntakintu kimugora.

Ati “Maze gukizwa nabonye ndi mwiza nari naragowe naba mvuye koga nakwihanaguza isume amaherena agafatamo igakurura, naryama ishuka igafata mu iherena ariko ubu ntabintu bingora. Nari mfite amaherena ahantu henshi mu isura, ku mazuru, ku munwa ku matwi hariho menshi sinayabara yarengaga icumi.”

Uyu muvangamiziki, wabatijwe muri Kamena 2024 mu Itorero rya Elayono Pentecost Blessing, avuga kandi ko abantu babanje kutemera ko yakijijwe koko, ariko ko uko agenda abyerera imbuto, abantu babona ko ari impamo.

DJ Brianne mbere atarabatizwa
Ubu yamaze kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Next Post

Kigali: Mu giterane cyari cyahuruje imbaga habayemo ibitari byitezwe byatumye bamwe bataha kitarangiye

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu giterane cyari cyahuruje imbaga habayemo ibitari byitezwe byatumye bamwe bataha kitarangiye

Kigali: Mu giterane cyari cyahuruje imbaga habayemo ibitari byitezwe byatumye bamwe bataha kitarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.