Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha uduhimbazamusyi bubabereyemo, kuko babayeho nabi ndetse bamwe ngo bakaba bari gusohorwa mu nzu bakodesha kubera kubura ubwishyu.

Bikubiye mu ibaruwa ihuriweho n’abakinnyi ba Rayon Sports WFC yanditswe kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi, aho ifite impamvu igira iti “Gutakamba.”

Muri iyi baruwa, aba bakinnyi b’abakobwa ba Rayon bandikiye Umuyobozi w’Umuryango w’iyi kipe, bibukije ko baherutse kugirana ibiganiro n’ubuyobozo bwabo birimo ibyabaye tariki 23 Mata 2025 aho babwibukije ko bubabereyemo imishahara y’amezi atatu.

Ni imishaha y’ukwezi kwa Gashyantare, Werurwe na Mata, ariko nyuma y’ibyo biganiro, hakaba haragiyemo n’ukundi kwezi kwa Gicurasi, ubwo bukaba bubagiyemo imishahara y’amezi ane.

Bati “Kandi mwatwemereye kuba mwakemuye ikibazo cy’uduhimbazamusyi icyenda muduha dutatu, bivuze ko hasigaye dutandatu, bityo tubayeho mu buzima bugoye, kuko twese ducumbitse tutirengagije n’uburyo bw’imibereho.”

Muri iyi baruwa, abakinnyi ba Rayon Sports WFC bakomeza bagira bati “Bityo tukaba tubasaba kuduhemba bigendanye n’amasezerano mwagiranye na buri umwe wese, ndetse no kuduha uduhimbazamusyi twatsindiye, kwishyura ibirarane by’umwaka washize by’amezi abiri, n’uduhimbazamusyi 8 kuko twagerageje guhesha ishema umuryango wa Rayon Sports muyoboye, ariko nta gaciro mwabihaye.”

Baboneyeho kandi gusaba ubuyobozi bw’iyi kipe guha abanyamahanga amatike azabasubiza iwabo nk’uko bikubiye mu masezerano bagiranye kuko bari gusohorwa mu nzu bakodeshaga.

Bagasoza bagira bati “Bityo tubasabye kuba mwadukemurira ikibazo mu gihe kitarenze iminsi cumi n’itanu, bitaba ibyo tukiyambaza izindi nzego bireba.”

Iyi baruwa y’abakinnyi ba Rayon y’abakobwa ije nyuma yuko umutoza Robertinho watozaga ikipe ya Rayon Sports y’abahungu, na we atanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) cyo kwishyuza iyi kipe ibihumbi 20 USD (miliyoni 28 Frw), na we akabaya yaratanze ibyumweru bitatu, ataba yishyuwe agahita ayijyana muri FIFA.

Nanone abakozi b’iyi kipe y’abagabo, baherutse gutangaza ko babayeho nabi kubera kumara igihe kinini batazi uko umushahara usa, aho bavuze ko bafite impungenge zo kwamburwa kuko umwaka w’imikino ugiye kurangira, ku buryo urangiye batishyuwe bashobora kuzataha amaramasa.

Abakinnyi ba Rayon WFC batakambye
Mu Ibaruwa banditse bahaye ubuyobozi iminsi 15 bitaba ibyo bakiyambaza izindi nzego

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.