Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyeshejwe ko bitarenze tariki 28 Mata 2023, rizaba ryatanze Sitade izakirirwaho umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique, mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yibukije amashyirahamwe y’umupira w’amaguru amaze igihe atagira Sitade zemewe, gutanga ahandi hazakirirwa imikino y’umunsi wa 5 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika izakinwa mu kwezi kwa Kamena.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite Sitade imwe yemewe kwakirirwaho imikino mpuzamahanga, ari yo ya Huye, gusa mu minsi ishize ikaba itarabereyeho umukino w’u Rwanda na Benin bitewe no kuba muri aka gace hatari hoteli ziri ku rwego rusabwa na CAF.

Iki cyemezo cy’uko u Rwanda rutagombaga kwakirira Benin kuri Sitade ya Huye, cyazamuye impaka ndende kuko bamwe batiyumvishaga uburyo ubuyobozi bwa FERWAFA butatekereje kuri iyi ngingo irebana na Hoteli ziri ku rwego rwifuzwa na CAF.

Hari n’abavugaga ko niba byari bizwi, hatagombaga gusanwa iriya Sitade, ahubwo hari gutunganywa iri mu gice gisanzwe kibamo amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, cyangwa gutunganya Hoteli ziri i Huye bikaba byarakozwe mbere.

Ibi byatumye uyu mukino ubera kuri Kigali Pele Stadium na yo itaremerwa ku rwego mpuzamahanga ari na byo byatumye umukino uba nta bafana barimo.

Icyakora, amakuru agera kuri RADIOTV10, yemeza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, hari itsinda rituruKA muri FERWAFA ryerecyeze i Huye gukora igenzura ngo harebwe niba Hoteli ziri ku rwego CAF isaba zaba zaratunganye cyane ko hamaze iminsi hari imirimo yo kuzivugurura, ku buryo iyi Sitade ya Huye yazakira uyu mukino.

Usibye u Rwanda, bimwe mu Bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi na Uganda na byo ntibifite ibibuga byemewe na CAF, aho Uganda yo yamaze gutangaza ko izakirira umukino ikipe ya Algeria mu Gihugu cya Cameroun.

Muri uyu mukino w’umunsi wa 6, u Rwanda ruzakiramo Mozambique, ruramutse ruwutsinze rwahita rujya ku mwanya wa 2 n’amanota 6 mu gihe haba hasigaye umukino umwe wa Senegal na wo uzabera mu Rwanda.

Mu gihe u Rwanda rwasoza ku mwanya wa 2, rwahita rwerecyeza mu gikombe cya Afurika ku nshuro ya 2 mu mateka yarwo dore ko bwa mbere hari mu mwaka wa 2004 ubwo iri rushanwa ryaberaga mu gihugu cya Tunisie.

CREDO Hoteli iri mu zishoboza kuzakira abantu
Hari na Boni Consil yamaze gutunganywa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kuri gatanya y’umuhanzi Safi na Judith uvugwa mu rundi rukundo

Next Post

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.