Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyeshejwe ko bitarenze tariki 28 Mata 2023, rizaba ryatanze Sitade izakirirwaho umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique, mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yibukije amashyirahamwe y’umupira w’amaguru amaze igihe atagira Sitade zemewe, gutanga ahandi hazakirirwa imikino y’umunsi wa 5 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika izakinwa mu kwezi kwa Kamena.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite Sitade imwe yemewe kwakirirwaho imikino mpuzamahanga, ari yo ya Huye, gusa mu minsi ishize ikaba itarabereyeho umukino w’u Rwanda na Benin bitewe no kuba muri aka gace hatari hoteli ziri ku rwego rusabwa na CAF.

Iki cyemezo cy’uko u Rwanda rutagombaga kwakirira Benin kuri Sitade ya Huye, cyazamuye impaka ndende kuko bamwe batiyumvishaga uburyo ubuyobozi bwa FERWAFA butatekereje kuri iyi ngingo irebana na Hoteli ziri ku rwego rwifuzwa na CAF.

Hari n’abavugaga ko niba byari bizwi, hatagombaga gusanwa iriya Sitade, ahubwo hari gutunganywa iri mu gice gisanzwe kibamo amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, cyangwa gutunganya Hoteli ziri i Huye bikaba byarakozwe mbere.

Ibi byatumye uyu mukino ubera kuri Kigali Pele Stadium na yo itaremerwa ku rwego mpuzamahanga ari na byo byatumye umukino uba nta bafana barimo.

Icyakora, amakuru agera kuri RADIOTV10, yemeza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, hari itsinda rituruKA muri FERWAFA ryerecyeze i Huye gukora igenzura ngo harebwe niba Hoteli ziri ku rwego CAF isaba zaba zaratunganye cyane ko hamaze iminsi hari imirimo yo kuzivugurura, ku buryo iyi Sitade ya Huye yazakira uyu mukino.

Usibye u Rwanda, bimwe mu Bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi na Uganda na byo ntibifite ibibuga byemewe na CAF, aho Uganda yo yamaze gutangaza ko izakirira umukino ikipe ya Algeria mu Gihugu cya Cameroun.

Muri uyu mukino w’umunsi wa 6, u Rwanda ruzakiramo Mozambique, ruramutse ruwutsinze rwahita rujya ku mwanya wa 2 n’amanota 6 mu gihe haba hasigaye umukino umwe wa Senegal na wo uzabera mu Rwanda.

Mu gihe u Rwanda rwasoza ku mwanya wa 2, rwahita rwerecyeza mu gikombe cya Afurika ku nshuro ya 2 mu mateka yarwo dore ko bwa mbere hari mu mwaka wa 2004 ubwo iri rushanwa ryaberaga mu gihugu cya Tunisie.

CREDO Hoteli iri mu zishoboza kuzakira abantu
Hari na Boni Consil yamaze gutunganywa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kuri gatanya y’umuhanzi Safi na Judith uvugwa mu rundi rukundo

Next Post

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.