Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, Maj Gen Sultani Makenga yagaragaye ari kumwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa; barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ubwo basuraga ibikorwa remezo byo mu bice byafashwe n’uyu mutwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’amashusho agaragaza Maj Gen Sultani Makenga na Corneille Nagaa, ndetse na Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23, basura ibyo bikorwa byo muri Teritwari ya Rutshuru.

Lawrence Kanyuka yavuze ko “Corneille Nagaa, Umuhuzabikorwa wa AFC, yasuye ibikorwa by’iterambere mu bice byabohojwe na M23, wari umwanya w’ingirakamaro kuri ibi bice birimo kongera kubakwa.”

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko uyu Muhuzabikorwa wa AFC “yari aherekejwe na Général Major Sultani Makenga. Uru ruzinduko rushimangira imbaraga zifatika mu kugarura amahoro ndetse no gushaka iterambere.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa na Général Major Sultani Makenga basuye imishinga y’iterambere, irimo ingomero z’amashanyarazi, ndetse n’imihanda iri kubakwa, kimwe n’iyubakwa ry’amashuri ndetse n’Ibigo Nderabuzima.

Akomeza avuga ko uru ruzinduko rw’aba bayobozi b’Ihuriro ryiyemeje gutuma Congo yongera kugira amahoro, rugaragaza ko intego yo guteza imbere ibice byafashwe na M23, izagerwaho.

Ubutumwa bwa Lawrence Kanyuka buherekejwe n’amashusho agaragaza aba bayobozi, basura ibi bikorwa, barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe n’abarwanyi ba M23, bari gutembera kuri ibi bikorwa basuye.

Gen Makenga na Corneille Nagaa bari kumwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa
Makenga anasuhuzanya na Bertrand Bisimwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. X says:
    2 years ago

    Mubabwire uti iyo ntambara ntago muzayitsinda!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Next Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.