Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, Maj Gen Sultani Makenga yagaragaye ari kumwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa; barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ubwo basuraga ibikorwa remezo byo mu bice byafashwe n’uyu mutwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’amashusho agaragaza Maj Gen Sultani Makenga na Corneille Nagaa, ndetse na Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23, basura ibyo bikorwa byo muri Teritwari ya Rutshuru.

Lawrence Kanyuka yavuze ko “Corneille Nagaa, Umuhuzabikorwa wa AFC, yasuye ibikorwa by’iterambere mu bice byabohojwe na M23, wari umwanya w’ingirakamaro kuri ibi bice birimo kongera kubakwa.”

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko uyu Muhuzabikorwa wa AFC “yari aherekejwe na Général Major Sultani Makenga. Uru ruzinduko rushimangira imbaraga zifatika mu kugarura amahoro ndetse no gushaka iterambere.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa na Général Major Sultani Makenga basuye imishinga y’iterambere, irimo ingomero z’amashanyarazi, ndetse n’imihanda iri kubakwa, kimwe n’iyubakwa ry’amashuri ndetse n’Ibigo Nderabuzima.

Akomeza avuga ko uru ruzinduko rw’aba bayobozi b’Ihuriro ryiyemeje gutuma Congo yongera kugira amahoro, rugaragaza ko intego yo guteza imbere ibice byafashwe na M23, izagerwaho.

Ubutumwa bwa Lawrence Kanyuka buherekejwe n’amashusho agaragaza aba bayobozi, basura ibi bikorwa, barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe n’abarwanyi ba M23, bari gutembera kuri ibi bikorwa basuye.

Gen Makenga na Corneille Nagaa bari kumwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa
Makenga anasuhuzanya na Bertrand Bisimwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. X says:
    2 years ago

    Mubabwire uti iyo ntambara ntago muzayitsinda!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 7 =

Previous Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Next Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.