Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Darren England, umwe mu basifuzi bakomeye mu Bwongereza, yafatiwe icyemezo cyo kutazagira umukino n’umwe w’ikipe ya Liverpool azasifura muri uyu mwaka, nyuma y’umukino iyi kipe yatsinzwemo na Tottenham, ugakurikirwa n’impaka ko yasifuriye nabi iyi kipe.

Ni umukino wa Shampiyona, Liverpool yatsinzwemo na Tottenham 2-1, aho uyu musifuzi wari uri ku bugenzuzi bw’amashusho azwi nka VAR (Video Assistant Referees).

Darren England yanenzwe cyane nyuma y’uko hanzwe igitego cyari cyatsinzwe na Luis Diaz bavuga ko habayemo kurarira, nyamara bagasanga atari ko byari bimeze.

Darren England we yafatiwe ibihano byo kutazongera kuyobora umukino wa Liverpool mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ni mu gihe umutoza wa Liverpool, Jurgen Klopp we avuga ko umukino batsinzwemo na Spurs ukwiye gusubirwamo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, abajijwe icyo abivugaho nyuma y’uko hasohotse amajwi y’ibyo Simon Hooper (wari wasifuye hagati mu kibuga) yaganiriye n’uyu Darren England wari uri kuri VAR, Klopp yagize ati “Amajwi yo ndumva ntakintu na kimwe yahindura habe namba icyo ntumva neza ni igituma ibintu nk’ibi biba.”

Yakomeje agira ati “Nabonye ingaruka zabyo kuko nabonye igitego kijya mu izamu ariko kirangwa, rero ayo majwi ntacyo nari nyategerejemo cyane rwose. Ndatekereza ko ibintu byagakwiye kujya bikorwa mu buryo bwiza kandi bwa nyabwo.”

Yongera ati “Nibyo koko abo bireba bose yaba abasifuzi b’umukino Bose ndetse nabo kuri VAR ntibabikoze ku bushake, ni ikosa ryabayemo kandi rigaragara cyane ariko nifuza ko nyuma yaryo hajya habaho ibisubizo by’icyo kibazo kandi kizima.”

Klopp yakomeje agira ati “Ibi simbivuga nk’umutoza wa Liverpool gusa ahubwo nk’umunyamupira, icyashoboka ni ugusubiramo umukino n’uko byakagenze ariko Wenda byo ntibizabaho.”

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − two =

Previous Post

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y’abapolisi babiri b’u Rwanda

Next Post

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w'Igihugu w'ubugiraneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.