Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Darren England, umwe mu basifuzi bakomeye mu Bwongereza, yafatiwe icyemezo cyo kutazagira umukino n’umwe w’ikipe ya Liverpool azasifura muri uyu mwaka, nyuma y’umukino iyi kipe yatsinzwemo na Tottenham, ugakurikirwa n’impaka ko yasifuriye nabi iyi kipe.

Ni umukino wa Shampiyona, Liverpool yatsinzwemo na Tottenham 2-1, aho uyu musifuzi wari uri ku bugenzuzi bw’amashusho azwi nka VAR (Video Assistant Referees).

Darren England yanenzwe cyane nyuma y’uko hanzwe igitego cyari cyatsinzwe na Luis Diaz bavuga ko habayemo kurarira, nyamara bagasanga atari ko byari bimeze.

Darren England we yafatiwe ibihano byo kutazongera kuyobora umukino wa Liverpool mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ni mu gihe umutoza wa Liverpool, Jurgen Klopp we avuga ko umukino batsinzwemo na Spurs ukwiye gusubirwamo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, abajijwe icyo abivugaho nyuma y’uko hasohotse amajwi y’ibyo Simon Hooper (wari wasifuye hagati mu kibuga) yaganiriye n’uyu Darren England wari uri kuri VAR, Klopp yagize ati “Amajwi yo ndumva ntakintu na kimwe yahindura habe namba icyo ntumva neza ni igituma ibintu nk’ibi biba.”

Yakomeje agira ati “Nabonye ingaruka zabyo kuko nabonye igitego kijya mu izamu ariko kirangwa, rero ayo majwi ntacyo nari nyategerejemo cyane rwose. Ndatekereza ko ibintu byagakwiye kujya bikorwa mu buryo bwiza kandi bwa nyabwo.”

Yongera ati “Nibyo koko abo bireba bose yaba abasifuzi b’umukino Bose ndetse nabo kuri VAR ntibabikoze ku bushake, ni ikosa ryabayemo kandi rigaragara cyane ariko nifuza ko nyuma yaryo hajya habaho ibisubizo by’icyo kibazo kandi kizima.”

Klopp yakomeje agira ati “Ibi simbivuga nk’umutoza wa Liverpool gusa ahubwo nk’umunyamupira, icyashoboka ni ugusubiramo umukino n’uko byakagenze ariko Wenda byo ntibizabaho.”

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 14 =

Previous Post

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y’abapolisi babiri b’u Rwanda

Next Post

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w'Igihugu w'ubugiraneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.