Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza yagaragaje ko abimukira barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, batangiye gufatwa na Polisi kugira ngo bazabone uko burizwa indege izaberecyeza i Kigali.

Iki gikorwa cya Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza kigaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaramo Abapolisi binjira mu nzu z’aba baturage bakabasohoramo; bakabinjiza mu modoka ifungirwa inyuma.

Mu minsi micye bazurizwa indege ziberecyeza mu Rwanda, aho bazasanga umuturage umwe ukomoka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake akaba yarahageze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Icyakora Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Bernard Mukurarinda yabwiye RADIOTV10 ko iyi mpunzi itarebwa n’amasezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza.

Yari yagize ati “Ni umuntu wari warageze mu Bwongereza afite Visa yahawe iramushirana asaba ko bayongera ntibamwemerera, yasabye n’ubuhungiro ntibamwemerera. Icyari gisigaye ni uko asubizwa mu Gihugu yaturutsemo iwabo, babimubwiye ahitamo kuza mu Rwanda. ntabwo agengwa n’aya masezerano.”

Iyi nzira igana ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano, ije nyuma y’iminsi micye abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza 306 batoye iri tegeko naho 229 bakomeza gutsimbarara. Impaka zarangijwe n’uruhande rufite umubare munini. Ku nshuro ya mbere iyi nteko y’u Bwongereza yahuje imvugo yemeza ko u Rwanda rutekanye, ubu barubonamo ahantu heza ho kwakira abasaba ubuhungiro.

Umwe mu bagize Inteko y’u Bwongereza yagize ati “U Rwanda ni Igihugu gitekanye, gifite ubushobozi bwo kwakira abasaba ubuhungiro no kubafasha kubaka ubuzima bushya. U Rwanda rufite amateka yo gufasha abari mu kaga kuko rucumbikiye impunzi n’abimukira barenga ibihumbi 130.  Muri aya masezerano harimo ingingo zisaba u Rwanda gufasha izi mpunzi, ndashimira imbaraga Guverinoma y’u Rwanda yashyize muri iki gikorwa.”

Kuri iki cyemezo cy’u Bwongereza; Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko byashimishije u Rwanda runiteguye kwakira aba baturage.

Yagize ati “Tunyuzwe n’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje uyu mushinga. Twiteguye kwakira abantu bazoherezwa mu Rwanda.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza; Umunyamabanga Ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, James Spencer Cleverly yavuze ko hagiye gukurikiraho indi ntambwe yo kwemeza aya masezerano nk’itegeko.

Yagize ati “Uyu ni umunsi w’amateka ku mugambi wacu wo guhagarika ubwato. Umushinga wo kuba u Rwanda rutekanye watowe mu Nteko; uzahinduka itegeko mu minsi micye. Iki gikorwa kizatuma abantu batongera gukoresha nabi amategeko arengera uburenganzira bwa muntu mu guhagarika uyu mugambi. Ibi bisobanuye ko Inteko y’u Bwongereza yigenga. Ubu turi gukora ijoro n’amanywa kugira ngo indege za mbere zihaguruke.”

Ibi kandi binashimangirwa na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak uvuga ko Igihugu cye kigiye gutegura ibisabwa byose kugira ngo aba baturage berecyeze i Kigali.

Yagize ati “Guhera igihe uyu mushinga utorewe; turatangira gahunda yo kohereza aba mbere. Ubu turiteguye.”

Hatagize igihinduka; Guverinoma y’u Bwongereza ivuga ko abimukira ba mbere bazagera i Kigali mu byumeru 12 biri imbere nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Sunak.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Next Post

Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku ifoto y’umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Umucyo ku ifoto y'umwana wagiye ku ishuri yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.