Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere umwimukira yageze ku Mugabane w’u Burayi akoresheje umutaka ufasha abantu kuguruka mu kirere bunazwi ku basirikare, ibintu byagaragaye ku nshuro ya mbere bikanatungura Polisi yo muri Espagne.

Ni ibintu bidasanzwe mu bikorwa by’abimukira bava ku Mugabane wa Afurika berecyeza i Burayi, ubundi bakunze gukoresha inzira y’amazi n’amato, ndetse bamwe bakahatakariza ubuzima.

Uyu mwimukira wavaga muri Maroc yerecyeza muri Espagne, yakoresheje uyu mutaka ahunga abapolisi bari barinze umupaka na bo batunguwe n’ibi batamenyereye.

Abapolisi bakurikiye aho uyu mwimukira yururukiye, basanze yamaze kugenda, ahubwo yahasize umutaka yakoresheje abacika, yawutaye mu myaka ihinze muri ako gace.

Ubu buryo bwakoreshejwe n’uyu mwimukira, ni ku nshuro ya mbere bugaragaye ku bimukira bambukiranya umupaka wa Maroc mu majyaruguru ya Afurika berecyeza muri Espagne.

Amashusho y’uyu mwimukira ari kuguruka mu mutaka, agaragaza ari ku musozi muremure wa Jebel Musa muri Maroc, mbere yuko ashyika mu gace ka Ceuta ka Sidi Ibrahim ku butaka bwo ku Mugabane w’u Burayi, ahasanzwe hari imisozi ikunze kwifashishwa n’abantu bashaka gukora siporo yo guterera.

Iperereza ryahise ritangira kuva hagaragara uyu mwimukira, aho kugeza ubu hataramenyekana imyirondoro ye, bikaba bikiri urujijo niba ari Umunya-Maroc cyangwa ari uwo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Amakuru aturuka muri kariya gace ariko adafitiwe gihamya, avuga ko uriya muntu, ari umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 usanzwe afasha abimukira kwambuha umupaka.

Polisi ya Espagne yo ivuga ko nubwo uyu mwimukira yabashije kuyica mu rihumye, ariko “ntidutekereza ko hari abantu benshi bazabigerageza. Kuko birahenze kandi biteye impungenge, ni ibintu abantu bakoresha basanzwe babifitiye ubunararibonye.”

Agace ka Ceuta, uyu mwimukira yaguyemo, ni kamwe kifashishwa cyane n’abimukira binjira ku Mugabane w’u Burayi mu buryo budakurikije amategeko, bava muri Maroc, ahanashyizwe uburinzi bukomeye mu kubaca intege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − three =

Previous Post

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Next Post

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Related Posts

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana...

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
06/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabyutse...

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

by radiotv10
06/10/2025
0

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta...

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi...

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

by radiotv10
06/10/2025
0

Nyuma y’amasaha macye hatangajwe abagize Guverinoma azayobora, Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sebastien Lecornu wari washyizweho mu kwezi gushize, yeguye...

IZIHERUKA

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa
AMAHANGA

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

06/10/2025
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

06/10/2025
Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.