Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kenny Sol agiye kuzuza icyumweru ari kubarizwa muri Canada, ndetse amakuru ava mu baziranye na we akaba yemeza ko mu byamujyanye harimo n’ibikorwa bye bya muzika.

Kenny Sol udaheruka gushyira hanze igihangano gishya, dore ko indirimbo ye iheruka ari ‘Déjà vu’ imaze amezi atatu igiye hanze, ubu ari kubarizwa muri Canada.

Amakuru avuga ko uyu muhanzi yagiye muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa America y’Amajyaruguru tariki 18 Nzeri 2025.

Uzi amakuru y’uyu muhanzi, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, yavuze ko Kenny Sol “uretse kwitabira ibirori by’isabukuru y’umuvandimwe we uhatuye, aranateganya kuhafatira amashusho y’indirimbo ye nshya ateganya gusohora mu minsi iri imbere.”

Kenny Sol kandi aherutse kugaragara ari mu birori by’isabukuru y’amavuko y’umuvandimwe we uba muri Canada, aho nyuma y’ibyo birori, bivugwa ko yahise akomeza imishinga ye ya muzika yo gufata amashusho y’iyo ndirimbo nk’uko byemejwe n’uyu uzi amakuru y’uyu muhanzi.

Si ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri Kenny Sol agiye muri Canada, dore yagiyeyo bwa mbere muri Nzeri 2023 ubwo yanataramiraga abitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Abanyarwanda ryabereye mu Mujyi wa Ottawa, akaza gusubirayo mu mpera za 2024, aho yari anafite ibitaramo muri uwo mwaka yakoreye mu mijyi ya Ottawa na Montreal.

Amakuru avuga ko kuri iyi nshuro Kenny Sol atazatinda muri Canada, ahubwo ko nyuma yo gufata amashusho y’indirimbo ye nshya, azagaruka mu Rwanda.

Kenny Sol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Next Post

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Related Posts

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuhanzikazi Angel Mutoni yongewe mu bahanzi bazataramira abazitabira igitaramo ‘World Champs Night Life’ kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’amagare, cyanatumiwemo abahanzi bakomeye...

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

by radiotv10
23/09/2025
0

Mu mashusho n’amafoto, Umunyamerika Adonis Jovon Filer uherutse gukorana ibirori by’ubukwe na Kathia Uwase Kamali uzwi muri Mackenzies akaba n’umuvandimwe...

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

by radiotv10
23/09/2025
0

In today’s world, the way we dress is more than just about clothes. Fashion has become a lifestyle, a business,...

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

by radiotv10
19/09/2025
0

Sandra Teta, Umunyarwandakazi uba mu Gihugu cya Uganda, akaba umugore w’umuhanzi Douglas Mayanja uzwi nka Weasel, yavuze ko kubana na...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.