Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye akayabo k’amafaranga azahembwa abakinnyi ba Arsenal muri uyu mwaka n’uzarusha abandi

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye akayabo k’amafaranga azahembwa abakinnyi ba Arsenal muri uyu mwaka n’uzarusha abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Imishahara y’abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, yagiye hanze, aho Raheem Sterling uherutse kuyizamo ku ntizanyo avuye muri Chelsea, ari we uri ku mwanya wa mbere mu bahembwa menshi.

Ikipe ya Arsenal imaze igihe igaragaza inyota yo kwegukana Shampiyona y’u Bwongereza, no muri uyu mwaka ifite iyi ntego, nyuma yo kurushwa na Manchester City amanota 2 gusa mu mwaka w’imikino ushize. Ibi byatumye Mikel Arteta, Umunya Espagne utoza Arsenal, agerageza kongera amaraso mashya muri iyi kipe, mu isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi ryo mu mpeshyi.

David Raya, wari intizanyo ya Brentford, ahita agurwa n’iyi kipe ya Arsenal, naho Riccardo Calafiori na Mikel Merino, bose hamwe, bayizamo kuri miliyoni 70 z’Ama-Pounds.

Arsenal kandi, nyuma yo gutakaza umunyezamu Aaron Ramsdale, waguzwe na Southampton, yo yazanye Norberto Murara Neto nk’umusimbura wa David Raya.

Gusa ku munsi wa nyuma w’isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi, Arsenal yazanye Umwongereza Raheem Sterling, nk’intizanyo ya Chelsea.

Uyu Raheem Sterling, w’imyaka 29, intizanyo ye yavugishije benshi muri Shampiyona y’u Bwongereza, dore ko byari nyuma y’uko akuwe mu myitozo y’ikipe ya mbere ya Chelsea, y’Umutoza Enzo Maresca.

Raheem Sterling, kuza kwe muri Arsenal, bisobanuye ko ari we uzajya ahembwa amafaranga menshi kurusha abandi bakinnyi bayo, gusa izajya imwishyura atarenga 50% by’ayo yahembwaga muri Chelsea, ubwo ni 162 500 Pounds, naho Chelsea yo imwishyure asigaye.

Raheem Sterling akaba yaraciye ku Mudage Kai Havertz mu bahembwa menshi muri Arsenal, dore ko we ahembwa 280 000 Pounds ku Cyumweru.

Mu Cyumweru kimwe, Gabriel Jesus we ahembwa 265 000 Pounds, Declan Rice na Captain Martin ∅degaard, buri umwe, ahembwa 240 000 Pounds, mu gihe Thomas Partey we afata 200 000 Pounds.

Indi mishahara y’abakinnyi ba Arsenal, ku Cyumweru, nka Bukayo Saka, afata 195 000 Pounds, William Saliba agahembwa 190 000 Pounds, Gabriel Martinelli we ni 180 000 ounds, na Ben White uhabwa 150 000 Pounds.

Naho mu bakinnyi bashya muri iyi kipe, Myugariro Riccardo Calafiori we, ku Cyumweru ahembwa 120 000 Pounds mu gihe Umunya-Espagne Mikel Merino afata asaga 90 000 Pounds, akaba anganya na Leandro Trossard ndetse na Jurrien Timber.

Umunyezamu wa mbere wa Arsenal, David Raya, ni umwe mu bahembwa amafaranga macye, dore ko afata 85 000 Pounds ku cyumweru, aho arusha Jakub Kiwior ufata 58 000 Pounds n’umunyezamu mushya Norberto Murara Neto ufata 50 000 Pounds.

Raheem Sterling uheruka kwinjiramo ni we uzajya afata umushahara munini
Kai Havertz na we ari mu bafata agatubutse
Kimwe na Thomas Partey na Kapiten wabo Martin
Na Jesus
Imishahara yose

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Next Post

Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.