Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye akayabo k’amafaranga azahembwa abakinnyi ba Arsenal muri uyu mwaka n’uzarusha abandi

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye akayabo k’amafaranga azahembwa abakinnyi ba Arsenal muri uyu mwaka n’uzarusha abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Imishahara y’abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, yagiye hanze, aho Raheem Sterling uherutse kuyizamo ku ntizanyo avuye muri Chelsea, ari we uri ku mwanya wa mbere mu bahembwa menshi.

Ikipe ya Arsenal imaze igihe igaragaza inyota yo kwegukana Shampiyona y’u Bwongereza, no muri uyu mwaka ifite iyi ntego, nyuma yo kurushwa na Manchester City amanota 2 gusa mu mwaka w’imikino ushize. Ibi byatumye Mikel Arteta, Umunya Espagne utoza Arsenal, agerageza kongera amaraso mashya muri iyi kipe, mu isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi ryo mu mpeshyi.

David Raya, wari intizanyo ya Brentford, ahita agurwa n’iyi kipe ya Arsenal, naho Riccardo Calafiori na Mikel Merino, bose hamwe, bayizamo kuri miliyoni 70 z’Ama-Pounds.

Arsenal kandi, nyuma yo gutakaza umunyezamu Aaron Ramsdale, waguzwe na Southampton, yo yazanye Norberto Murara Neto nk’umusimbura wa David Raya.

Gusa ku munsi wa nyuma w’isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi, Arsenal yazanye Umwongereza Raheem Sterling, nk’intizanyo ya Chelsea.

Uyu Raheem Sterling, w’imyaka 29, intizanyo ye yavugishije benshi muri Shampiyona y’u Bwongereza, dore ko byari nyuma y’uko akuwe mu myitozo y’ikipe ya mbere ya Chelsea, y’Umutoza Enzo Maresca.

Raheem Sterling, kuza kwe muri Arsenal, bisobanuye ko ari we uzajya ahembwa amafaranga menshi kurusha abandi bakinnyi bayo, gusa izajya imwishyura atarenga 50% by’ayo yahembwaga muri Chelsea, ubwo ni 162 500 Pounds, naho Chelsea yo imwishyure asigaye.

Raheem Sterling akaba yaraciye ku Mudage Kai Havertz mu bahembwa menshi muri Arsenal, dore ko we ahembwa 280 000 Pounds ku Cyumweru.

Mu Cyumweru kimwe, Gabriel Jesus we ahembwa 265 000 Pounds, Declan Rice na Captain Martin ∅degaard, buri umwe, ahembwa 240 000 Pounds, mu gihe Thomas Partey we afata 200 000 Pounds.

Indi mishahara y’abakinnyi ba Arsenal, ku Cyumweru, nka Bukayo Saka, afata 195 000 Pounds, William Saliba agahembwa 190 000 Pounds, Gabriel Martinelli we ni 180 000 ounds, na Ben White uhabwa 150 000 Pounds.

Naho mu bakinnyi bashya muri iyi kipe, Myugariro Riccardo Calafiori we, ku Cyumweru ahembwa 120 000 Pounds mu gihe Umunya-Espagne Mikel Merino afata asaga 90 000 Pounds, akaba anganya na Leandro Trossard ndetse na Jurrien Timber.

Umunyezamu wa mbere wa Arsenal, David Raya, ni umwe mu bahembwa amafaranga macye, dore ko afata 85 000 Pounds ku cyumweru, aho arusha Jakub Kiwior ufata 58 000 Pounds n’umunyezamu mushya Norberto Murara Neto ufata 50 000 Pounds.

Raheem Sterling uheruka kwinjiramo ni we uzajya afata umushahara munini
Kai Havertz na we ari mu bafata agatubutse
Kimwe na Thomas Partey na Kapiten wabo Martin
Na Jesus
Imishahara yose

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Next Post

Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Congo yagobotswe n’u Burayi na America mu guhangana n’icyorezo cy’Ubushita bw’Inkende

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.