Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka y’ikamyo yari ipakiye umucanga yagonze izindi modoka, ubwo yari igeze mu Nkoto mu Karere ka Kamonyi, yakomerekeyemo abantu 32 ndetse inatangaza uko bamerewe ubu.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yari ipakiye umucanga bivugwa ko yacitse feri iri mu muhanda Huye-Kigali ubwo yari igeze ahitwa mu Nkoto igakubita izindi modoka zigera mu icyenda.

Iyi modoka y’ikamyo izwi nka Howo y’ibiro bya RAD965X yavaga mu Karere ka Muhanda yerecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu 32 bahise bajyanwa ku kigo Nderabuzima cya Gacurabwenge n’icya Kamonyi  mu gihe abari bakomeretse cyane bo bahise bajyangwa mu bitaro bya Rukoma ndetse n’ibya Nyarugenge.

  • Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga imodoka zari zitwaye abagenzi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye The New Times ko “abakomeretse bose bamaze gusezererwa.” Yemeza ko nta n’umuntu n’umwe yahitanye.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyarugenge, Dr. Deborah Abimana na we yemeje aya makuru ko abakomereye muri iyi mpanuka bari bajyanywe muri ibi Bitaro bose basezerewe.

Yagize ati “Abari bakomeretse cyane bahawe ubuvuzi kandi nta kibazo kidasanzwe bafite kugeza ubu.”

Muri uyu muhanda wa Kigali-Huye mu gace ka Komonyi hakunze kubera impanuka n’izi ziterwa n’amakamyo aho muri Gashyantare 2020 ahitwa mu Nkoto hari habereye impanuka y’ikamyo yacitse feri igakubita bus ikagwamo abantu barindwi igakomerekeramo abagera mu 10.

Muri Mutarama uyu mwaka, indi mpanuka y’imododoka yagonganye na moto mu muhanda wa Kigali-Bishenyi igahitana umuntu umwe.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021, nubundi muri uyu muhanda Huye-Kigali, ikamyo yari igeze i Musambira yahitanye umwarimu ndetse inakomeretsa abandi bari kumwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + six =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.