Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka y’ikamyo yari ipakiye umucanga yagonze izindi modoka, ubwo yari igeze mu Nkoto mu Karere ka Kamonyi, yakomerekeyemo abantu 32 ndetse inatangaza uko bamerewe ubu.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yari ipakiye umucanga bivugwa ko yacitse feri iri mu muhanda Huye-Kigali ubwo yari igeze ahitwa mu Nkoto igakubita izindi modoka zigera mu icyenda.

Iyi modoka y’ikamyo izwi nka Howo y’ibiro bya RAD965X yavaga mu Karere ka Muhanda yerecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu 32 bahise bajyanwa ku kigo Nderabuzima cya Gacurabwenge n’icya Kamonyi  mu gihe abari bakomeretse cyane bo bahise bajyangwa mu bitaro bya Rukoma ndetse n’ibya Nyarugenge.

  • Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga imodoka zari zitwaye abagenzi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye The New Times ko “abakomeretse bose bamaze gusezererwa.” Yemeza ko nta n’umuntu n’umwe yahitanye.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyarugenge, Dr. Deborah Abimana na we yemeje aya makuru ko abakomereye muri iyi mpanuka bari bajyanywe muri ibi Bitaro bose basezerewe.

Yagize ati “Abari bakomeretse cyane bahawe ubuvuzi kandi nta kibazo kidasanzwe bafite kugeza ubu.”

Muri uyu muhanda wa Kigali-Huye mu gace ka Komonyi hakunze kubera impanuka n’izi ziterwa n’amakamyo aho muri Gashyantare 2020 ahitwa mu Nkoto hari habereye impanuka y’ikamyo yacitse feri igakubita bus ikagwamo abantu barindwi igakomerekeramo abagera mu 10.

Muri Mutarama uyu mwaka, indi mpanuka y’imododoka yagonganye na moto mu muhanda wa Kigali-Bishenyi igahitana umuntu umwe.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021, nubundi muri uyu muhanda Huye-Kigali, ikamyo yari igeze i Musambira yahitanye umwarimu ndetse inakomeretsa abandi bari kumwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.