Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka y’ikamyo yari ipakiye umucanga yagonze izindi modoka, ubwo yari igeze mu Nkoto mu Karere ka Kamonyi, yakomerekeyemo abantu 32 ndetse inatangaza uko bamerewe ubu.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yari ipakiye umucanga bivugwa ko yacitse feri iri mu muhanda Huye-Kigali ubwo yari igeze ahitwa mu Nkoto igakubita izindi modoka zigera mu icyenda.

Iyi modoka y’ikamyo izwi nka Howo y’ibiro bya RAD965X yavaga mu Karere ka Muhanda yerecyeza mu Mujyi wa Kigali.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu 32 bahise bajyanwa ku kigo Nderabuzima cya Gacurabwenge n’icya Kamonyi  mu gihe abari bakomeretse cyane bo bahise bajyangwa mu bitaro bya Rukoma ndetse n’ibya Nyarugenge.

  • Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga imodoka zari zitwaye abagenzi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye The New Times ko “abakomeretse bose bamaze gusezererwa.” Yemeza ko nta n’umuntu n’umwe yahitanye.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyarugenge, Dr. Deborah Abimana na we yemeje aya makuru ko abakomereye muri iyi mpanuka bari bajyanywe muri ibi Bitaro bose basezerewe.

Yagize ati “Abari bakomeretse cyane bahawe ubuvuzi kandi nta kibazo kidasanzwe bafite kugeza ubu.”

Muri uyu muhanda wa Kigali-Huye mu gace ka Komonyi hakunze kubera impanuka n’izi ziterwa n’amakamyo aho muri Gashyantare 2020 ahitwa mu Nkoto hari habereye impanuka y’ikamyo yacitse feri igakubita bus ikagwamo abantu barindwi igakomerekeramo abagera mu 10.

Muri Mutarama uyu mwaka, indi mpanuka y’imododoka yagonganye na moto mu muhanda wa Kigali-Bishenyi igahitana umuntu umwe.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021, nubundi muri uyu muhanda Huye-Kigali, ikamyo yari igeze i Musambira yahitanye umwarimu ndetse inakomeretsa abandi bari kumwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Congo Brazzaville mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.