Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyahanishijwe uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro umugore we bari bamaze gukorana ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo waburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ku cyaha cyo kwica umugore we wari utwite amunigishije inzitiramibu, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhahisha, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezéchias wo mu Karere ka Ruhango, waburanishijwe ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 05 Kamena 2023.

Ubwo yari imbere y’imbaga y’abaturage bo mu gace kabereyemo ubu bwicanyi, yemeye ko yishe umugore we, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhaha kandi ngo uwo munsi ubwo yamwivuganaga yari yamuhaye menshi, ariko asanga atanatetse.

Ubwo uru rubanza rwaburanishwaga, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uregwa yishe umugore we Nyiramporayonzi Domitille banamaze gukorana imibonano mpuzabitsina, ndetse ko yamunigishije inzitiramibu, kuko basanganye ibikomere umurambo bigaragara ko yishwe anizwe.

Uru rubanza rwahise rupfundikirwa kuri iriya tariki ya 05 Kamena, rwasomwe tariki 09 Kamena, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uyu mugabo w’imyaka 40 icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, rumukatira gufungwa burundu.

Urukiko rwashingiye ku bimenyetso byasobanuwe n’Ubushinjacyaha, birimo ibikomere byasanganywe nyakwigendera, byagaragazaga ko yishwe anizwe ndetse n’amaraso yagaragaye mu maso ya nyakwigendera.

Hari kandi n’ubuhamya bw’abatangabuhamya, bwashimangiraga ko nyakwigendera yari asanzwe abanye nabi n’umugabo we.

Ikindi kandi ni ukuba uyu mugabo ubwo yari amaze kwivugana umugore we, yahise yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko yishe umugore we.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa gukatirwa gufungwa burundu kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, kuko ngo yanakundaga kubivuga, akanakunda kumuhohotera mu buryo bunyuranye, bapfa amafaranga yakundaga kumwaka yo guhahisha.

Urukiko rushingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwahamije uregwa icyaha, rumukatira gufungwa burundu, hakiyongeraho n’ubugome bw’indengakamere yakoranye iki cyaha kuko yanishe umugore we atwite inda y’amezi atanu, bityo ko yanishe uwo muziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twenty =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw'umuhanzikazi w’ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.