Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyahanishijwe uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro umugore we bari bamaze gukorana ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo waburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ku cyaha cyo kwica umugore we wari utwite amunigishije inzitiramibu, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhahisha, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezéchias wo mu Karere ka Ruhango, waburanishijwe ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 05 Kamena 2023.

Ubwo yari imbere y’imbaga y’abaturage bo mu gace kabereyemo ubu bwicanyi, yemeye ko yishe umugore we, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhaha kandi ngo uwo munsi ubwo yamwivuganaga yari yamuhaye menshi, ariko asanga atanatetse.

Ubwo uru rubanza rwaburanishwaga, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uregwa yishe umugore we Nyiramporayonzi Domitille banamaze gukorana imibonano mpuzabitsina, ndetse ko yamunigishije inzitiramibu, kuko basanganye ibikomere umurambo bigaragara ko yishwe anizwe.

Uru rubanza rwahise rupfundikirwa kuri iriya tariki ya 05 Kamena, rwasomwe tariki 09 Kamena, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uyu mugabo w’imyaka 40 icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, rumukatira gufungwa burundu.

Urukiko rwashingiye ku bimenyetso byasobanuwe n’Ubushinjacyaha, birimo ibikomere byasanganywe nyakwigendera, byagaragazaga ko yishwe anizwe ndetse n’amaraso yagaragaye mu maso ya nyakwigendera.

Hari kandi n’ubuhamya bw’abatangabuhamya, bwashimangiraga ko nyakwigendera yari asanzwe abanye nabi n’umugabo we.

Ikindi kandi ni ukuba uyu mugabo ubwo yari amaze kwivugana umugore we, yahise yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko yishe umugore we.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa gukatirwa gufungwa burundu kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, kuko ngo yanakundaga kubivuga, akanakunda kumuhohotera mu buryo bunyuranye, bapfa amafaranga yakundaga kumwaka yo guhahisha.

Urukiko rushingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwahamije uregwa icyaha, rumukatira gufungwa burundu, hakiyongeraho n’ubugome bw’indengakamere yakoranye iki cyaha kuko yanishe umugore we atwite inda y’amezi atanu, bityo ko yanishe uwo muziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 11 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw'umuhanzikazi w’ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.