Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in SIPORO
0
Handball: U Rwanda ruri mu itsinda rimwe n’u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Ethiopia haratangira irushanwa ry’ingimbi ry’Ibihugu byo mu karere mu mukino w’amaboko wa Handball (IHF Trophy), aho mu batarengeje imyaka 20, u Rwanda ruri mu itsinda ririmo u Burundi, Djibouti na Kenya.

Iri rushanwa rihuza amakipe y’abakinnyi bakiri bato, barimo abatarengeje imyaka 18 ndetse n’abatarengeje imyaka 20.

Nyuma y’uko abakinnyi b’amakipe y’u Rwanda, bageze muro Ethiopia mu rukerera rwo kuri uyu iki Cyumweru, bakoreye imyitozo muri iki Gihugu ndetse imikino ikaba itangira kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024.

Amakipe y’u Rwanda yamaze kumenya amatsinda aherereyemo muri iri rushanwa IHF Trophy, ritangira kuri uyu wa Mbere i Addis Ababa muri Ethiopia.

Mu batarengeje imyaka 18, hitabiriye Ibihugu bitandatu ari byo; Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, Rwanda na Tanzania. U Rwanda ruri mu itsinda B, ruri kumwe na Ethiopia, na Tanzania.

Naho mu batarengeje imyaka 20, hitabiriye Ibihugu umunani ari byo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda, Somalia, Tanzania na Uganda.

Muri iki cyiciro, u Rwanda ruri mu itsinda A, rurihuriyemo, n’Ibihugu nk’u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, na Tanzania.

Mu iki cyiciro cy’abatarengeje imyaka 20, u Rwanda rurakina umukino wa mbere kuri uyu wa Mbere muri Gymnase ya Ethiopia Sports Academy, aho ruhura n’ikipe ya Kenya.

Amakipe y’u Rwanda yerecyeje muri Ethiopia
Bamaze iminsi mu myitozo

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Next Post

Afurika y’Epfo: Amakuru agezweho ku mpanuka y’igorofa yagwiriye abayubakaga

Related Posts

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

IZIHERUKA

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all
IMIBEREHO MYIZA

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Amakuru agezweho ku mpanuka y’igorofa yagwiriye abayubakaga

Afurika y’Epfo: Amakuru agezweho ku mpanuka y’igorofa yagwiriye abayubakaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.