Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Ishimwe Vestine uririmba mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas (Vestine& Dorcas), yasezeranye mu mategeko n’umusore wo muri Burkina Faso, ndetse byamenyekanye ko haherutse no kuba umuhango wo gufata irembo.

Uku gusezerana kwa Vestine n’uyu musore witwa Ouedraoso Idrissa, byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama 2025, aho basezeraniye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Ni inkuru yatunguye benshi mu bakurikiranira hafi amakuru yo mu ruganda rw’imyidagaduro, byumwihariko bafataga aba bakobwa nk’abakiri bato.

Ishimwe Vestine ugiye kuzuza imyaka 21 y’amavuko, yavutse muri Gashyantare 2004, mu gihe umuvandiwe we Dorcas umugwa mu ntege, we yavutse muri Kamena 2006.

Umuhango w’iri sezerano rya Vestine n’umukunzi we, wabaye mu ibanga rikomeye, ariko amakuru yaje kumenyekana, ndetse agera mu bakunzi b’indirimbo zabo, barimo abatunguwe.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda cyibanda ku nkuru z’ibivugwa mu myidagaduro, avuga ko uyu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko, waje ukurikira undi wo gufata irembo.

Uyu muhango wo gufata irembo wabaye tariki 06 Mutarama 2025, ariko abawitabiriye bakaba bari bahawe amabwiriza n’abakurikirana inyungu z’uyu muhanzi, ko nta n’umwe ugira ifoto cyangwa ishusho afata atabiherewe uburenganzira.

Vestine na Dorcas, basanzwe ari abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bakunzwe na benshi, bamamaye mu ndirimbo zinyuranye zirimo izakunzwe n’abatari bacye, nk’iyitwa ‘Nahawe Ijambo’, ‘Si Bayali’, ‘Ku musaraba’ n’iyitwa ‘Ihema’ baherutse gushyira hanze.

Vestine aherutse gufatirwa irembo
Vestine na Dorcas ni abahanzi bakunzwe bifatika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

U Rwanda rwabwije ukuri America yongeye kuruvugaho ibyo muri Congo ikanagereranya M23 na FDLR

Next Post

Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

Related Posts

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

IZIHERUKA

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame
AMAHANGA

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

Sadate yasubije abihaye umuhanzikazi Vestine bivugwa ko yasezeranye n’umukubye kabiri mu myaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.