Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe amashusho ya bimwe mu bikorwa bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu by’igisirikare cya DRC, agaragaza bamwe mu basirikare b’iki Gihugu baboshye abo bashinja gukorana na M23, banabambuye imyenda, aho bivugwa ko byabereye i Kisangani.

Aya mashusho yasangijwe bwa kabiri (repost) n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka ayakuye kuri Konti y’uwitwa Shyamba B. Claude, agaragaza hari abantu baryamishijwe hasi bababoheye amaboko inyuma, bigaragara ko babanegekaje, ndetse n’abasirikare ba FARDC bari aho.

Uyu Shyamba B. Claude washyize aya mashusho ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashyizeho ubutumwa agira ati “Ntuzigera ubona HRW (Human Rights Watch), Reuters na BBC bamagana ibi byaha by’intambara bya FARDC. Ese murabona ibi ari imikino iri muri Kisangani?”

Ni nyuma yuko uyu Muryango HRW ndetse n’ibi bitangazamakuru mpuzamahanga bimaze iminsi bitangaza amakuru ashinja Ihuriro AFC/M23 kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Uyu muryango HRW uvuga ko uharanira uburenganzira bwa muntu kandi, uherutse kongera kuzamura ibirego by’ibinyoma ko ingabo z’u Rwanda zifasha abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, ibintu u Rwanda rwahakanye kuva cyera.

Mu nyandiko uyu muryango uherutse gushyira hanze, wanashyize hanze ifoto uvuga ko ari irimbi ry’igisirikare cy’u Rwanda, ukavuga ko hari abasirikare benshi b’iki Gihugu ngo baguye muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, anyomoza ibyari byatangajwe n’uyu muryango, yavuze ko bibabaje kuba HRW ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu, itandukira ikajya mu bitayireba kandi bihabanye n’ukuri, aho gutabariza Abanyekongo bakomeje kwicwa ijoro n’amanywa, mu bikorwa n’ubundi biriho bikorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR yashinzwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu butumwa bwa Yolande Makolo, yagize ati “Kuki iri koranabuhanga mutarikoresha mugaragaza ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge bikorwa na FARDC, no kwerekana abasirikare ibihumbi n’ibihumbi b’u Burundi bambukiranya umupaka bajya muri Kivu y’Epfo gufasha FARDC n’inyeshyamba zikora amarorerwa za Wazalendo, bari kwica abasivile?”

Imiryango mpuzamahanga yakunze kunengwa gutera umugongo ubwicanyi bwakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bihora bikorwa n’igisirikare cya Congo (FARDC).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 20 =

Previous Post

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Next Post

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

IZIHERUKA

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe
AMAHANGA

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

01/11/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.