Thursday, September 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe amashusho ya bimwe mu bikorwa bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu by’igisirikare cya DRC, agaragaza bamwe mu basirikare b’iki Gihugu baboshye abo bashinja gukorana na M23, banabambuye imyenda, aho bivugwa ko byabereye i Kisangani.

Aya mashusho yasangijwe bwa kabiri (repost) n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka ayakuye kuri Konti y’uwitwa Shyamba B. Claude, agaragaza hari abantu baryamishijwe hasi bababoheye amaboko inyuma, bigaragara ko babanegekaje, ndetse n’abasirikare ba FARDC bari aho.

Uyu Shyamba B. Claude washyize aya mashusho ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashyizeho ubutumwa agira ati “Ntuzigera ubona HRW (Human Rights Watch), Reuters na BBC bamagana ibi byaha by’intambara bya FARDC. Ese murabona ibi ari imikino iri muri Kisangani?”

Ni nyuma yuko uyu Muryango HRW ndetse n’ibi bitangazamakuru mpuzamahanga bimaze iminsi bitangaza amakuru ashinja Ihuriro AFC/M23 kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Uyu muryango HRW uvuga ko uharanira uburenganzira bwa muntu kandi, uherutse kongera kuzamura ibirego by’ibinyoma ko ingabo z’u Rwanda zifasha abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, ibintu u Rwanda rwahakanye kuva cyera.

Mu nyandiko uyu muryango uherutse gushyira hanze, wanashyize hanze ifoto uvuga ko ari irimbi ry’igisirikare cy’u Rwanda, ukavuga ko hari abasirikare benshi b’iki Gihugu ngo baguye muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, anyomoza ibyari byatangajwe n’uyu muryango, yavuze ko bibabaje kuba HRW ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu, itandukira ikajya mu bitayireba kandi bihabanye n’ukuri, aho gutabariza Abanyekongo bakomeje kwicwa ijoro n’amanywa, mu bikorwa n’ubundi biriho bikorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR yashinzwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu butumwa bwa Yolande Makolo, yagize ati “Kuki iri koranabuhanga mutarikoresha mugaragaza ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge bikorwa na FARDC, no kwerekana abasirikare ibihumbi n’ibihumbi b’u Burundi bambukiranya umupaka bajya muri Kivu y’Epfo gufasha FARDC n’inyeshyamba zikora amarorerwa za Wazalendo, bari kwica abasivile?”

Imiryango mpuzamahanga yakunze kunengwa gutera umugongo ubwicanyi bwakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bihora bikorwa n’igisirikare cya Congo (FARDC).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Next Post

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Related Posts

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

by radiotv10
11/09/2025
0

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama yemeje ko iki Gihugu cyakiriye abantu 14 birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America,...

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

by radiotv10
11/09/2025
0

Umuryango MAGA (Make America Great Again) wubakiye ku ntego ya Perezida Donald Trump, urasaba ko Charlie Kirk wari umwe baharanira...

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

by radiotv10
10/09/2025
0

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko...

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
10/09/2025
0

General Olivier Gasita uherutse kugirwa Umuyobozi Wungirije wa Rejiyo ya 33 unashinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’ubutasi muri Uvira, bikazamura intugunda...

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Umutwe wa Hamas watangaje ko abayobozi bakuru bawo barokotse igitero cya Israel yagabye muri Qatar, icyakora yemeza ko cyahitanye bamwe...

IZIHERUKA

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
IBYAMAMARE

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

11/09/2025
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

11/09/2025
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

11/09/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

11/09/2025
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

11/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.