Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ko mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusenya no kwangiza inzu y’umuturage yari ari kubaka, akayadukira akayitema.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari k’Akabungo, Ndagijimana Vincent yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2023, nyuma yo gusenyera umuturage witwa Jean Pierre Mpongano uri kubaka inzu muri aka Kagari.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko icyatumye uyu muyobozi yadukira inzu y’umuturage yari ikiri mu kuzamurwa ibiti, akabitema, ari uko yari yamwatse ruswa y’ibihumbi 20 Frw akayamwima.

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze, buvuga ko na bwo bwumvise ayo makuru, ariko ko icyatumye uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari atabwa muri yombi, ari ugusenyera umuturage, ariko ko ibya ruswa, nta bimenyetso bihari.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yagize ati “bavuga ko yabanje kumwaka ruswa, ariko nta bimenyetso bifatika batanga, gusa yafashwe n’inzego z’umutekano kugira ngo abazwe ibyo yakoze byo gusenya inzu y’umuturage akanayangiza.”

Uyu muyobozi avuga ko babanje kugira inama uyu muturage wangirijwe inzu na Gitifu kujya gutanga ikirego kuri RIB, ariko bakaza no kumva andi makuru kuri uyu muyobozi agomba gukurikiranwaho.

Ati “Kubera ko n’abaturage bari bamutubwiyeho imyitwarire mibi irimo n’iyo, yabaye ajyanywe mu nzego z’Ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe ubu niho ari.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari k’Akabungo, ubu afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Zaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Next Post

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Related Posts

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

by radiotv10
28/07/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara baturiye ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo...

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
28/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye
AMAHANGA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.