Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 33 yafatiwe mu rugo rwo mu Kagari Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yarahahinduye ububiko bw’inzoga za Likeri, kuko hafatiwe izifite agaciro ka miliyoni zirenga 21 Frw. Hasobanuwe uko yafashwe.

Uyu mugabo yafashwe n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ubucuruzi butemewe bwa magendu rizwi nka ASOC, ku wa Kabiri tariki 20 Kamena.

Hafashwe kandi ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto (Motari) w’imyaka 38, ari na we wabanje gufatwa, afatiwe ku Gisimenti mu Murenge wa Remera, ubwo yari afite amacupa 10 y’izi nzoga za magendu, azishyiriye abacuruzi.

Aba bombi, bafatanywe amacupa 305 y’izi nzoga zo mu bwoko bwa Likeri zirimo Camino, Veuve Cliquot, Amarula, Moet, Hennessy, Chivas, Tequila Petron, Absolute Vodka, Remy Martin, Jameson, Bailey, Cointreau, Jack Daniel, Hendricks, Black label na Courvoisier, zifite agaciro ka 21 385 000 Frw.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru kuri uyu mumotari ko akunda gutwara izi nzoga azishyiriye abacuruzi mu bice bitandukanye.

Yagize ati “Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe kurwanya magendu baje kubona uwo mumotari atwaye amacupa 10 y’izo nzoga za magendu, ubwo yari ageze ku Kisimenti bahita bamufata.”

Avuga ko uyu mumotari akimara gufatwa yavuze nyiri izi nzoga, ko ari “iz’umugabo utuye mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya, na we wahise afatwa nyuma y’uko Abapolisi bahageze basaka mu nzu abamo bakamusangana andi macupa 295.” 

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu mugabo na we akimara gufatwa, yavuze ko na we izi nzoga azizanirwa n’undi mugabo uzikura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu mugabo kandi yavuze ko na we yakoreraga uwo wundi, akagemura izi nzoga mu bacuruzi banyuranye, akoresheje abamotari babiri barimo uyu bafatiwe rimwe, na we akaba yahembwaga ibihumbi 150 Frw ku kwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 1 =

Previous Post

Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva

Next Post

Umuhanzi ugezweho muri Tanzania agaragaje ishusho itari izwi y’indirimbo nyarwanda iwabo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho muri Tanzania agaragaje ishusho itari izwi y’indirimbo nyarwanda iwabo

Umuhanzi ugezweho muri Tanzania agaragaje ishusho itari izwi y’indirimbo nyarwanda iwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.