Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ikipe y’u Rwanda y’umupira w’Amaguru-Amavubi itewe mpaga ku bw’amakosa yo gukinisha umukinnyi utari ubyemerewe mu mukino wayihuje na Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, FERWAFA yashyize hanze ubutumwa bwo gusaba imbabazi, kuri ibi yise ‘uburangare’.

Icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, cyagiye hanze muri iki cyumweru, kivuga ko u Rwanda rwahanishijwe guterwa mpaga y’ibitego bitatu kuko rwakinishije umukinnyi wari ufite amakarita abiri y’umuhondo muri uyu mukino wabaye tariki 29 Weruwe i Kigali.

Nyuma y’iminsi itatu hagiye hanze iki cyemezo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize hanze ubutumwa bugenewe Abanyarwanda.

Iri shyirahamwe ritangira rigira rivuga ko “ryiseguye kandi risabye imbazi Abanyarwanda bose kubera uburangare bwabaye mu mitegurire y’Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru y’Abakuru-Amavubi, kugera aho byayiviriyemo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi utari wemerewe gukina ku mukino Amvubi yakiriyemo ikipe y’Igihugu ya Benin i Kigali.”

FERWAFA ikomeza ivuga ko aya makosa ari na yo yatumye uwari ushinzwe imicungire n’imitegurire y’ikipe y’Igihugu, Rutayisire Jackson, ahagarikwa.

Iri tangazo rikomeza rigira rigira riti “Turakomeza gukurikirana n’undi wese waba yarabigizemo uruhare kugira ngo abibazwe.”

FERWAFA isoza isezeranya Abanyarwanda ko hafashwe ingamba kugira ngo amakosa nk’aya atazongera kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe

Next Post

Bwa mbere Israel Mbonyi yahishuye aho Imana yamweretse azakura umugore mwiza

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Israel Mbonyi yahishuye aho Imana yamweretse azakura umugore mwiza

Bwa mbere Israel Mbonyi yahishuye aho Imana yamweretse azakura umugore mwiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.