Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza iratangaza ko abimwe ibyangombwa by’ubuhungiro muri iki Gihugu, barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, bari gufatwa bagafungwa mu gihe hagitegerejwe igihe bagomba kurizwa indege.

Guverinoma y’u Bwongereza, ivuga ko “Abantu badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza, abaherutse gutsindwa mu bujurire bwabo bujyanye n’uburenganzira bwa muntu, kandi bakaba batemerewe kongera kujurira ibyemezo byabo, bagomba kwitegura koherezwa mu Rwanda.”

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Guverinoma y’u Bwongereza, yizeza ko “Abantu benshi badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza bazafashwa kubakira ubuzima bwabo mu Rwanda, Igihugu cya gatatu gitekanye, igihe bazaba batifuza gusubira mu Bihugu byabo nka Syria cyangwa Afghanistan.”

U Bwongereza kandi bwizeza abashaka ubuhungiro ngo bazahabwa ubufasha mu gihe cy’imyaka itanu, binyuze mu Kigo gishinzwe Abimukira n’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu MEDP (Migration and Economic Development Partnership).

Abageze mu Bwongereza ku itariki ya 01 Mutarama 2022 na nyuma yaho bakaba baramenyeshejwe ko ibyifuzo byo gusaba ubuhungiro byabo bitagifite agaciro kugeza tariki 29 Kamena 2023, barebwa n’iyi gahunda yo koherezwa.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu, James Cleverly yagize ati “Abo bose badafite uburenganzira bwo kuba bari mu Bwongereza, ntabwo bemerewe kuhaguma. Dufite Igihugu gitekanye cyiteguye kandi cyemeye kubakira, no kubaha inkunga ishoboka ndetse no kubafasha kubaka imibereho.

Turakomeza gufunga mu buryo buboneye abo bantu barebwa n’iyi gahunda yo gukurwa mu Gihugu kugeza igihe indege zizaberecyeza mu Rwanza zizaba ziteguye.”

Guverinoma y’u Bwongereza kandi yatangaje ko abari muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yiteguye kubafasha gusubira mu Bihugu byabo cyangwa muri iki Gihugu bagomba kuzoherezwamo.

U Bwongereza bwatangaje ko barebwa n’iyi gahunda, batazaba bashaka kuva muri iki Gihugu, bazafungwa cyangwa bakoherezwa ku ngufu mu Gihugu gitekanye gifitanye n’iki amasezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fourteen =

Previous Post

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

Next Post

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.