Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza iratangaza ko abimwe ibyangombwa by’ubuhungiro muri iki Gihugu, barebwa na gahunda yo koherezwa mu Rwanda, bari gufatwa bagafungwa mu gihe hagitegerejwe igihe bagomba kurizwa indege.

Guverinoma y’u Bwongereza, ivuga ko “Abantu badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza, abaherutse gutsindwa mu bujurire bwabo bujyanye n’uburenganzira bwa muntu, kandi bakaba batemerewe kongera kujurira ibyemezo byabo, bagomba kwitegura koherezwa mu Rwanda.”

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Guverinoma y’u Bwongereza, yizeza ko “Abantu benshi badafite uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza bazafashwa kubakira ubuzima bwabo mu Rwanda, Igihugu cya gatatu gitekanye, igihe bazaba batifuza gusubira mu Bihugu byabo nka Syria cyangwa Afghanistan.”

U Bwongereza kandi bwizeza abashaka ubuhungiro ngo bazahabwa ubufasha mu gihe cy’imyaka itanu, binyuze mu Kigo gishinzwe Abimukira n’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu MEDP (Migration and Economic Development Partnership).

Abageze mu Bwongereza ku itariki ya 01 Mutarama 2022 na nyuma yaho bakaba baramenyeshejwe ko ibyifuzo byo gusaba ubuhungiro byabo bitagifite agaciro kugeza tariki 29 Kamena 2023, barebwa n’iyi gahunda yo koherezwa.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu, James Cleverly yagize ati “Abo bose badafite uburenganzira bwo kuba bari mu Bwongereza, ntabwo bemerewe kuhaguma. Dufite Igihugu gitekanye cyiteguye kandi cyemeye kubakira, no kubaha inkunga ishoboka ndetse no kubafasha kubaka imibereho.

Turakomeza gufunga mu buryo buboneye abo bantu barebwa n’iyi gahunda yo gukurwa mu Gihugu kugeza igihe indege zizaberecyeza mu Rwanza zizaba ziteguye.”

Guverinoma y’u Bwongereza kandi yatangaje ko abari muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yiteguye kubafasha gusubira mu Bihugu byabo cyangwa muri iki Gihugu bagomba kuzoherezwamo.

U Bwongereza bwatangaje ko barebwa n’iyi gahunda, batazaba bashaka kuva muri iki Gihugu, bazafungwa cyangwa bakoherezwa ku ngufu mu Gihugu gitekanye gifitanye n’iki amasezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 1 =

Previous Post

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

Next Post

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.