Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yakiriye Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, baganira ku ngingo zinyuranye zirimo amahoro muri Afurika.

Perezida Samia Suluhu Hassan yakiriwe na Papa Francis kuri uyu wa Mbere i Vatican, aho yajyanye n’abayobozi mu nzego zinyuranye muri Tanzania, barimo n’abo muri Kiliziya ya Tanzania.

Papa Francis na Madamu Samia Suluhu Hassan, bemeranyijwe ku guteza imbere umubano hagati ya Tanzania na Vatican.

Perezida Madamu Samia kandi yashimiye Papa ku musanzu wa kiliziya Gatulika mu bikorwa bigamije imibereho myiza muri Tanzania, by’umwihariko mu burezi ndetse n’ubuvuzi.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Papa i Vatican, rivuga ko ibiganiro bya Papa Francis na Perezida Madamu Samia, byibanze ku mubano w’impande zombi; Tanzania na Vatican.

Madamu Samia kandi yanaganiriye n’Umunyamabanga wa Leta ya Vatican, Cardinal Pietro Parolin mu kiganiro cyarimo n’Umunyamabanga wa Vatican ushinzwe Umubano wa za Leta n’Imiryango Mpuzamahanga, Archbishop Paul Richard Gallagher.

Umubano wa Tanzania na Vatican watangijwe tariki 19 Mata 1968 ubwo Archbishop Pierluigi Sartorelli yahabwaga inshingano zo guhagararira Vatican muri Tanzania.

Tanzania isanzwe ifite Abakristu Gatulika barenga miliyoni 12, bangana na 1/4 cy’umubare w’abaturage ba Tanzania yose ituwe na miliyoni 61.

Kiliziya Gatulika muri Tanzania, isanzwe igira uruhare rukomeye mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, aho ifite ibigo by’amashuri y’incuke 240, amashuri abanza 147, ikagira ibigo by’amashuri yisumbuye 245, ikagira ibigo by’imyuga 110 ndetse na kaminuza eshanu.

Papa Francis yaganiriye na Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 19 =

Previous Post

Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange

Next Post

Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny'ibyagaragajwe n'umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.