Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali n’uw’Akagari ka Agateko mu Karere ka Gasabo, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rubakurikiranyeho ibyaha bifitanye isano no kwakira ruswa kugira ngo batange uruhushya rwo kubaka binyuranyije n’amategeko.

Byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, aho abatawe muri yombi ari Alexis Bucyana usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, ndetse na Ephrem Ndagijimana we usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikrwa uw’Akagari ka Agateko.

Aba bombi bafashwe mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 11 Gashyantare 2023, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo za RIB zitandukanye zirimo iya Kimironko n’iya Gisozi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko aba bagabo bombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa giteganywa n’ingingo ya kane y’itegeko ryerecye kurwanya ruswa.

Yavuze ko iki cyaha kiramutse kibahamye bahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi no gutanga ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke batse.

Dr Murangira yaboneho gushimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu gufasha inzego z’ubugenzacyaha n’ubutabera, batanga amakuru kugira ngo abakekwaho ibyaha nk’ibi bafatwe.

Yagize ati “Turashimira Abanyarwanda batanga amakuru ndetse dushishikariza n’abandi bagafatanya n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, mu rwego rwo kugira ngo iyi ruswa ihashywe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − one =

Previous Post

Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye

Next Post

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.