Tuesday, July 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza muri DRC, yasabye Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo gutangiza ikirego gishinja Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba nyuma yuko atanze ibisobanuro ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, ariko ntibimunyure ku buryo yahagarika kumukurikirana.

Firmin Mvonde, Umushinjacyaha Mukuru w’Uru Rukiko rusesa Imanza; yatanze iki cyifuzo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 mu Nteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, aho yayigaragarije impamvu ashinja uyu Muminisitiri icyaha cyo “Kunyereza umutungo wa Leta.”

Firmin Mvonde yavuze ko agendeye ku bisobanuro byatanzwe na Minisitiri w’Ubutabera mu mabazwa yakorewe, bitavuyemo impamvu yatuma ahagarika kumukurikirana, ahubwo ko byashimangiye ko agomba gukomeza iperereza kubera impamvu zikomeye zagaragaje ko yaba yarakoze iki cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta.

Constant Mutamba akekwaho kunyereza miliyoni 19 USD, mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani, aho uyu umwe mu bagize Guverinoma ya Congo Kinshasa, yiyemereye ko ziriya miliyoni zashyizwe kuri Konti y’abatekamutwe.

Aregwa kandi kunyereza imari y’amafaranga yari yatanzwe na Uganda mu bihano iki Gihugu cyaciwe kubera ibikorwa bitemewe cyakoreye muri DRC.

Umushinjacyaha Firmin Mvonde, yatangaje ko Constant Mutamba atigeze agira ubushake bwo kugenzura niba sosiyete ya Zion Construction ibaho koko, cyangwa se isanzwe ikora ibyo bikorwa, cyangwa ikaba ari iy’umuntu ufite ubushobozi.

Yagize ati “Ugendeye ku byagaragaye, hakwemezwa ko sosiyete ya Zion Construction ari urwitwazo gusa, yahimbwe mu mugambi wo kunyereza umutungo wa Leta yari yagenewe gusana ibyangijwe n’ibikorwa binyuranye n’amategeko bya Uganda muri DRC.”

Ibi yabishimangiye avuga ko bigaragazwa no kuba iriya sosiyete n’ubu bigaragara ko itigeze ibaho, ndetse n’iperereza ryakorewe i Kisangani rikaba ryaragaragaje ko hatigeze hanagenwa ahantu hagombaga kubakwa iriya Gereza, nyamara amafaranga yabyo yaratanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − six =

Previous Post

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Next Post

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Related Posts

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

by radiotv10
22/07/2025
0

Umuyobozi w’agace ka Busi muri Lokarite ya Banaulengo muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, wari umaze ibyumweru bibiri...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

by radiotv10
22/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ishema atewe no kuba umuhungu we Ruhamya Kainerugaba yaramaze kwinjira Igisirikare...

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yatangaje ko yishimiye amahame yasinywe hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

by radiotv10
21/07/2025
0

Boniface Mwangi, impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Kenya, wari wafunzwe, yarekuwe hatanzwe ingwate ya miliyoni 1 z’Amashilingi ya Kenya (arenga...

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa...

IZIHERUKA

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo
AMAHANGA

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

by radiotv10
22/07/2025
0

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

22/07/2025
Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

22/07/2025
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

22/07/2025
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

22/07/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

22/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry'abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.