Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in AMAHANGA
0
Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Kisoro muri Uganda arakekwaho kwica akase umutwe umwana w’umuhungu w’imyaka itanu w’umugore we, nyuma y’uko amubwiye ko atari we bamubyaranye.

Polisi ya Kisoro yamaze guta muri yombi uyu mugabo w’imyaka 31, ivuga ko byatahuwe ko umugore w’uyu mugabo yamubwiye ko umwana w’imyaka itanu bari bazi ko babyaranye, atari we bamubyaranye.

Ibi byatumye uyu mugabo agira umujinya w’umuranduranzuzi, ubundi ahita ajya gufata uwo mwana aho yari ari kwa Nyirakuru, aramushimuka ajya kumwica.

Aya mahano yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2023 ubwo uyu mugabo witwa Elias Kabeni usanzwe ari umuturage w’umuhinzi wo mu gace ka Matyazo muri Nyarusiiza, yicaga urw’agashinyaguro umuhungu yari azi ko ari uwe Junior Aloysius Kabeni.

Polisi ya Kisaro ivuga ko uyu mugabo akimara kwica uyu mwana, yahise yijyana kuri Polisi, yiyemerera icyaha, ko ari we wishe uyu mwana, ikaba yahise itangira iperereza.

Itangazo ry’Umuvugizi wa Polisi ya Kigezi, Elly Maate, rivuga ko Kabeni yibanaga nyuma yo gutandukana n’umugore we wari wafashe umwana wabo akamujyana kwa nyina [nyirakuru wa nyakwigendera].

Polisi ivuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica uyu mwana, yari yabanje kujya kwa nyina witwa Jovia Nyirasheriburyo w’imyaka 65 utuye mu gace ka Matyazo muri Paruwasi ya Lukongi mu Karere ka Kisaro.

Ubwo yagarukaga nib wo yahuye n’uwahoze ari umugore, we ari nabwo yamubwiraga ibyo byamuteye umujinya akajya kwica uwo mwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − four =

Previous Post

Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage

Next Post

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.