• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in AMAHANGA
0
Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Kisoro muri Uganda arakekwaho kwica akase umutwe umwana w’umuhungu w’imyaka itanu w’umugore we, nyuma y’uko amubwiye ko atari we bamubyaranye.

Polisi ya Kisoro yamaze guta muri yombi uyu mugabo w’imyaka 31, ivuga ko byatahuwe ko umugore w’uyu mugabo yamubwiye ko umwana w’imyaka itanu bari bazi ko babyaranye, atari we bamubyaranye.

Ibi byatumye uyu mugabo agira umujinya w’umuranduranzuzi, ubundi ahita ajya gufata uwo mwana aho yari ari kwa Nyirakuru, aramushimuka ajya kumwica.

Aya mahano yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2023 ubwo uyu mugabo witwa Elias Kabeni usanzwe ari umuturage w’umuhinzi wo mu gace ka Matyazo muri Nyarusiiza, yicaga urw’agashinyaguro umuhungu yari azi ko ari uwe Junior Aloysius Kabeni.

Polisi ya Kisaro ivuga ko uyu mugabo akimara kwica uyu mwana, yahise yijyana kuri Polisi, yiyemerera icyaha, ko ari we wishe uyu mwana, ikaba yahise itangira iperereza.

Itangazo ry’Umuvugizi wa Polisi ya Kigezi, Elly Maate, rivuga ko Kabeni yibanaga nyuma yo gutandukana n’umugore we wari wafashe umwana wabo akamujyana kwa nyina [nyirakuru wa nyakwigendera].

Polisi ivuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica uyu mwana, yari yabanje kujya kwa nyina witwa Jovia Nyirasheriburyo w’imyaka 65 utuye mu gace ka Matyazo muri Paruwasi ya Lukongi mu Karere ka Kisaro.

Ubwo yagarukaga nib wo yahuye n’uwahoze ari umugore, we ari nabwo yamubwiraga ibyo byamuteye umujinya akajya kwica uwo mwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage

Next Post

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.