Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Al Hilal Benghazi yo muri Libya igiye guhura na Rayon Sports FC mu mikino y’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, ni imwe mu makipe akuze kuko yashinzwe mu 1954. Tumenye amwe mu mateka yayo.

Rayon Sports ubwo iheruka mu mikino nyafurika yari yaviriyemo muri 1/4 cya Confederation Cup ariko nyuma y’aho imara imyaka myinshi itarabasha gusubirayo. Ubu urugendo rwayo rwo gusubirayo ruratangira kuri iki cyumweru.

Iracakirana n’ikipe yo muri Libya

Ku ruhando rwa Afurika amakipe akomoka mu Bihugu byo mu majyaruguru ya Afurika, ni yo agora cyane ayo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Amakipe ava mu Bihugu nka Misiri, Maroc, Tuniziya, na Algeria, aba ari ku rwego rwo hejuru ariko bisa nk’aho Rayon Sports yo yagize amahirwe yo kutisanga muri bino Bihugu ahubwo yisanga muri Libya.

Al Hilal Benghazi ni ikipe yashinzwe mu 1954, iherereye i Benghazi, umwe mu mijyi ikomeye ya Libya.

Iyi kipe ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Libya (Libya Premier League) ariko ntirabasha kwegukana iki gikombe na rimwe mu myaka yose imaze, igikomeye yakoze ni ukuza ku mwanya wa kabiri, nabyo imaze gukora inshuro 2 gusa, cyakoze cyo yegukanye igikombe cy’Igihugu inshuro imwe, ubundi itsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro 5.

Ni ikipe idafite amateka manini mu mikino nyafurika, kuko itarabasha gukandagira mu matsinda, mu gihe Rayon Sports bagiye guhura yo yabanje gukina ijonjora rya mbere aho yasezereye Kakamego Homeboys ku giteranyo cy’ibitego 4-1 nyuma y’uko mu mukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Bisa nkaho ikipe ya Rayon Sports ifite amahirwe yo kuba yasezerera iyi kipe mu gihe yaba yiteguye neza, kuko imikino yombi izanakinirwa mu Rwanda imbere y’abafana bayo dore ko isanzwe inafite abakunzi benshi.

Umukino ubanza uzakinwa tariki ya 24 Nzeri 2023, naho uwo kwishyura ube tariki ya 30 Nzeri 2023, yombi ikazabera kuri Kigali Pele stadium

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

Next Post

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.