Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Al Hilal Benghazi yo muri Libya igiye guhura na Rayon Sports FC mu mikino y’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, ni imwe mu makipe akuze kuko yashinzwe mu 1954. Tumenye amwe mu mateka yayo.

Rayon Sports ubwo iheruka mu mikino nyafurika yari yaviriyemo muri 1/4 cya Confederation Cup ariko nyuma y’aho imara imyaka myinshi itarabasha gusubirayo. Ubu urugendo rwayo rwo gusubirayo ruratangira kuri iki cyumweru.

Iracakirana n’ikipe yo muri Libya

Ku ruhando rwa Afurika amakipe akomoka mu Bihugu byo mu majyaruguru ya Afurika, ni yo agora cyane ayo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Amakipe ava mu Bihugu nka Misiri, Maroc, Tuniziya, na Algeria, aba ari ku rwego rwo hejuru ariko bisa nk’aho Rayon Sports yo yagize amahirwe yo kutisanga muri bino Bihugu ahubwo yisanga muri Libya.

Al Hilal Benghazi ni ikipe yashinzwe mu 1954, iherereye i Benghazi, umwe mu mijyi ikomeye ya Libya.

Iyi kipe ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Libya (Libya Premier League) ariko ntirabasha kwegukana iki gikombe na rimwe mu myaka yose imaze, igikomeye yakoze ni ukuza ku mwanya wa kabiri, nabyo imaze gukora inshuro 2 gusa, cyakoze cyo yegukanye igikombe cy’Igihugu inshuro imwe, ubundi itsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro 5.

Ni ikipe idafite amateka manini mu mikino nyafurika, kuko itarabasha gukandagira mu matsinda, mu gihe Rayon Sports bagiye guhura yo yabanje gukina ijonjora rya mbere aho yasezereye Kakamego Homeboys ku giteranyo cy’ibitego 4-1 nyuma y’uko mu mukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Bisa nkaho ikipe ya Rayon Sports ifite amahirwe yo kuba yasezerera iyi kipe mu gihe yaba yiteguye neza, kuko imikino yombi izanakinirwa mu Rwanda imbere y’abafana bayo dore ko isanzwe inafite abakunzi benshi.

Umukino ubanza uzakinwa tariki ya 24 Nzeri 2023, naho uwo kwishyura ube tariki ya 30 Nzeri 2023, yombi ikazabera kuri Kigali Pele stadium

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

Next Post

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.