Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Al Hilal Benghazi yo muri Libya igiye guhura na Rayon Sports FC mu mikino y’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, ni imwe mu makipe akuze kuko yashinzwe mu 1954. Tumenye amwe mu mateka yayo.

Rayon Sports ubwo iheruka mu mikino nyafurika yari yaviriyemo muri 1/4 cya Confederation Cup ariko nyuma y’aho imara imyaka myinshi itarabasha gusubirayo. Ubu urugendo rwayo rwo gusubirayo ruratangira kuri iki cyumweru.

Iracakirana n’ikipe yo muri Libya

Ku ruhando rwa Afurika amakipe akomoka mu Bihugu byo mu majyaruguru ya Afurika, ni yo agora cyane ayo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Amakipe ava mu Bihugu nka Misiri, Maroc, Tuniziya, na Algeria, aba ari ku rwego rwo hejuru ariko bisa nk’aho Rayon Sports yo yagize amahirwe yo kutisanga muri bino Bihugu ahubwo yisanga muri Libya.

Al Hilal Benghazi ni ikipe yashinzwe mu 1954, iherereye i Benghazi, umwe mu mijyi ikomeye ya Libya.

Iyi kipe ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Libya (Libya Premier League) ariko ntirabasha kwegukana iki gikombe na rimwe mu myaka yose imaze, igikomeye yakoze ni ukuza ku mwanya wa kabiri, nabyo imaze gukora inshuro 2 gusa, cyakoze cyo yegukanye igikombe cy’Igihugu inshuro imwe, ubundi itsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro 5.

Ni ikipe idafite amateka manini mu mikino nyafurika, kuko itarabasha gukandagira mu matsinda, mu gihe Rayon Sports bagiye guhura yo yabanje gukina ijonjora rya mbere aho yasezereye Kakamego Homeboys ku giteranyo cy’ibitego 4-1 nyuma y’uko mu mukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Bisa nkaho ikipe ya Rayon Sports ifite amahirwe yo kuba yasezerera iyi kipe mu gihe yaba yiteguye neza, kuko imikino yombi izanakinirwa mu Rwanda imbere y’abafana bayo dore ko isanzwe inafite abakunzi benshi.

Umukino ubanza uzakinwa tariki ya 24 Nzeri 2023, naho uwo kwishyura ube tariki ya 30 Nzeri 2023, yombi ikazabera kuri Kigali Pele stadium

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + sixteen =

Previous Post

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

Next Post

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

AMAFOTO: Ibyihariye ku gace kadasanzwe karimo inzu zubatse hejuru y’amazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.