Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC rutangaje ko rwasabiye abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu; gutabwa muri yombi, Ibihugu bitandukanye birimo iby’i Burayi byagaragaje ko bibishyigikiye, mu gihe USA yabyamaniye kure.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere, aho Umushinjacyaha wa ICC ashyize hanze itangazo ryo guta muri yombi aba bayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, na Minisitiri w’Ingabo wa Israel Yoav Gallant, n’abandi bayobozi batatu b’umutwe wa Hamas.

Ku ikubitiro, Afurika y’Epfo yari yanareze Israel mu Rukiko Mpuzamahanga ruregwamo Ibihugu rwa ICJ, yagaragaje ko ishyigikiye iki cyemezo cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi aba bayobozi barimo Netanyahu.

Iki cyemezo kinashyigikiwe n’Ibihugu nk’u Bufaransa n’u Bubiligi, byamaze gutangaza ko bishyigikiye icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukurikiranye kuri aba bayobozi ibyaha birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Ibyaha biregwa aba bayobozi bashyiriwe impapuro zo kubata muri yombi, bishingiye ku ntambara iri kubera mu Ntara ya Gaza, ihanganishije Leta ya Israel n’umutwe wa Hamas.

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yari iherutse kugeza ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rwa ICJ, ishinja Israel gukorera Jenoside abaturage bo muri Gaza, ibintu Israel yahakanye yivuye inyuma.

Nyuma y’uko urukiko rwa ICC rusabye ko Netanyahu n’abandi bayobozi barimo n’ab’umutwe wa Hamas bashyirirwaho impapuro zo kubata muri yombi, Netanyahu yabyamaganiye kure avuga ko uru rukiko rw’i La Haye mu Buholandi rwirengagije ukuri nkana rugakora ibiteye isoni, kuko ngo rwagereranyije Igihugu nka Israel kigendera kuri Demokarasi, n’agatsiko k’abicanyi biyise Hamas.

Ni icyemezo kandi cyamaganiwe kuri na Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko Israel na Hamas bitari ku rwego rumwe rwo kuba abayobozi babyo bashyirirwaho impapuro zibata muri yombi muri ubu buryo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya USA, Matthew Miller, yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe kidatekerejweho, kuko atari cyo gitanga igisubizo cy’intambara iri kubera muri Gaza.

Yibukije ko Israel itari no mu Bihugu byasinye amasezerano y’i Roma, yashyizeho uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, avuga ko ibyo bituma uru Rukiko rutagira uburenganzira na buto bwo kuburanisha abategetsi ba Israel.

Kugeza ubu, umutwe wa Hamas ntacyo uravuga kuri iki cyemezo cyafashwe na ICC cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi abayobozi b’uyu mutwe.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Next Post

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.