Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC rutangaje ko rwasabiye abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu; gutabwa muri yombi, Ibihugu bitandukanye birimo iby’i Burayi byagaragaje ko bibishyigikiye, mu gihe USA yabyamaniye kure.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere, aho Umushinjacyaha wa ICC ashyize hanze itangazo ryo guta muri yombi aba bayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, na Minisitiri w’Ingabo wa Israel Yoav Gallant, n’abandi bayobozi batatu b’umutwe wa Hamas.

Ku ikubitiro, Afurika y’Epfo yari yanareze Israel mu Rukiko Mpuzamahanga ruregwamo Ibihugu rwa ICJ, yagaragaje ko ishyigikiye iki cyemezo cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi aba bayobozi barimo Netanyahu.

Iki cyemezo kinashyigikiwe n’Ibihugu nk’u Bufaransa n’u Bubiligi, byamaze gutangaza ko bishyigikiye icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukurikiranye kuri aba bayobozi ibyaha birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Ibyaha biregwa aba bayobozi bashyiriwe impapuro zo kubata muri yombi, bishingiye ku ntambara iri kubera mu Ntara ya Gaza, ihanganishije Leta ya Israel n’umutwe wa Hamas.

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yari iherutse kugeza ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rwa ICJ, ishinja Israel gukorera Jenoside abaturage bo muri Gaza, ibintu Israel yahakanye yivuye inyuma.

Nyuma y’uko urukiko rwa ICC rusabye ko Netanyahu n’abandi bayobozi barimo n’ab’umutwe wa Hamas bashyirirwaho impapuro zo kubata muri yombi, Netanyahu yabyamaganiye kure avuga ko uru rukiko rw’i La Haye mu Buholandi rwirengagije ukuri nkana rugakora ibiteye isoni, kuko ngo rwagereranyije Igihugu nka Israel kigendera kuri Demokarasi, n’agatsiko k’abicanyi biyise Hamas.

Ni icyemezo kandi cyamaganiwe kuri na Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko Israel na Hamas bitari ku rwego rumwe rwo kuba abayobozi babyo bashyirirwaho impapuro zibata muri yombi muri ubu buryo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya USA, Matthew Miller, yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe kidatekerejweho, kuko atari cyo gitanga igisubizo cy’intambara iri kubera muri Gaza.

Yibukije ko Israel itari no mu Bihugu byasinye amasezerano y’i Roma, yashyizeho uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, avuga ko ibyo bituma uru Rukiko rutagira uburenganzira na buto bwo kuburanisha abategetsi ba Israel.

Kugeza ubu, umutwe wa Hamas ntacyo uravuga kuri iki cyemezo cyafashwe na ICC cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi abayobozi b’uyu mutwe.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Next Post

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.