Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC rutangaje ko rwasabiye abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu; gutabwa muri yombi, Ibihugu bitandukanye birimo iby’i Burayi byagaragaje ko bibishyigikiye, mu gihe USA yabyamaniye kure.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere, aho Umushinjacyaha wa ICC ashyize hanze itangazo ryo guta muri yombi aba bayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, na Minisitiri w’Ingabo wa Israel Yoav Gallant, n’abandi bayobozi batatu b’umutwe wa Hamas.

Ku ikubitiro, Afurika y’Epfo yari yanareze Israel mu Rukiko Mpuzamahanga ruregwamo Ibihugu rwa ICJ, yagaragaje ko ishyigikiye iki cyemezo cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi aba bayobozi barimo Netanyahu.

Iki cyemezo kinashyigikiwe n’Ibihugu nk’u Bufaransa n’u Bubiligi, byamaze gutangaza ko bishyigikiye icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukurikiranye kuri aba bayobozi ibyaha birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Ibyaha biregwa aba bayobozi bashyiriwe impapuro zo kubata muri yombi, bishingiye ku ntambara iri kubera mu Ntara ya Gaza, ihanganishije Leta ya Israel n’umutwe wa Hamas.

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yari iherutse kugeza ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rwa ICJ, ishinja Israel gukorera Jenoside abaturage bo muri Gaza, ibintu Israel yahakanye yivuye inyuma.

Nyuma y’uko urukiko rwa ICC rusabye ko Netanyahu n’abandi bayobozi barimo n’ab’umutwe wa Hamas bashyirirwaho impapuro zo kubata muri yombi, Netanyahu yabyamaganiye kure avuga ko uru rukiko rw’i La Haye mu Buholandi rwirengagije ukuri nkana rugakora ibiteye isoni, kuko ngo rwagereranyije Igihugu nka Israel kigendera kuri Demokarasi, n’agatsiko k’abicanyi biyise Hamas.

Ni icyemezo kandi cyamaganiwe kuri na Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko Israel na Hamas bitari ku rwego rumwe rwo kuba abayobozi babyo bashyirirwaho impapuro zibata muri yombi muri ubu buryo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya USA, Matthew Miller, yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe kidatekerejweho, kuko atari cyo gitanga igisubizo cy’intambara iri kubera muri Gaza.

Yibukije ko Israel itari no mu Bihugu byasinye amasezerano y’i Roma, yashyizeho uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, avuga ko ibyo bituma uru Rukiko rutagira uburenganzira na buto bwo kuburanisha abategetsi ba Israel.

Kugeza ubu, umutwe wa Hamas ntacyo uravuga kuri iki cyemezo cyafashwe na ICC cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi abayobozi b’uyu mutwe.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Next Post

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Related Posts

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.