Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ntakindi kiri kuvugwa, uretse iyegura ry’abayobozi n’isezera ry’abakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), babimburiwe n’uwari Perezida waryo, wakurikiwe n’abarimo uwari Umunyamabanga Mukuru. Hari abo byatunguye, hari n’abavuga ko byatinze.

Ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Nizeyimana Olivier Mugabo yeguye ku mwanya wa Perezida wa FERWAFA, yari agiye kumaraho imyaka ibiri.

Iri shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryakunze kuvugwamo ibibazo kuva cyera, ni kenshi abariyobora bavaho beguye, ibintu bituma bamwe bavuga ko hakomeje kubura umuntu ufite ububasha bwo kuyobora umupira wo mu Rwanda.

Bwaracyeye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart, na we arasezera.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, rigaragaza ko nyuma y’iyegura rya Niziyemana Mugabo Olivier, aza kuba asimbuwe by’agateganyo na Habyarimana Matiku Marcel kugeza igihe Inteko rusange izateranira.

Iri tangazo kandi ryanavuze ku isezera rya Muhire ryabaye kuri uyu wa Kane, FERWAFA ikavuga ko inama ya Komite Nyobozi yemeje ko aba asimbuwe na Karangwa Jules mu buryo bw’agateganyo.

FERWAFA isoza igira iti “Ibikorwa by’umupira w’amaguru bizakomeza nk’uko bisanzwe, ndetse bidatinze inzego zizaba zujujwe nk’uko amategeko abiteganya.”

Si we gusa wasezeye kuko heguye kandi na Komiseri ushinzwe amategeko muri FERWAFA, Uwanyirigira Delphine. Hasezera kandi Habiyakare Chantal wari ushinzwe umutungo ndetse na Iraguha David wari ushinzwe imari.

Si aba gusa kandi, kuko haneguye Komiseri ushinzwe Imisifurire muri FERWAFA, Rurangirwa Aaron, aho bikomeje kuvugwa ko hari n’abandi bagize Komite nyobozi ya FERWAFA bashobora gusezera isaha iyo ari yo yose.

Ibi byose bishingiye ku bibazo byakunze kuvugwa mu miyoborere ya FERWAFA byagiye binagarukwaho n’Abanyamuryango b’iri shyirahamwe, kuva mu minsi ishize, birimo ibyatangiye kuvugwa ubwo Muhire Henry Brulart yahagarikwaga by’igihe gito bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho, ariko akaza gusubizwa ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.

Kuva icyo gihe, bamwe mu banyamuryango ba FERWAFA ntibigeze bamwibonamo, ndetse bakunze gusaba ko yakwegura kabone nubwo ibyo yakekwagaho yaba yarabigizweho umwere ariko ko ubwabyo kuba yarabivuzweho ari icyasha.

Hakunze kuvugwa kandi imiyoborere itanoze muri iri shyirahamwe, yanagiye iba imbarutso ya bimwe mu bibazo byanajyaga hanze, bikavugwa mu itangazamakuru.

Iyegura ry’umusubirizo muri iri shyirahamwe, rikomeje gutungura bamwe, mu gihe abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, nk’abanyamakuru, bavuga ko ahubwo byari byaratinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + three =

Previous Post

Umunyamideri ufite umwihariko yamaze kuba umunyamakuru w’imwe muri radiyo y’imyidagaduro mu Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,...Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.