Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ntakindi kiri kuvugwa, uretse iyegura ry’abayobozi n’isezera ry’abakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), babimburiwe n’uwari Perezida waryo, wakurikiwe n’abarimo uwari Umunyamabanga Mukuru. Hari abo byatunguye, hari n’abavuga ko byatinze.

Ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Nizeyimana Olivier Mugabo yeguye ku mwanya wa Perezida wa FERWAFA, yari agiye kumaraho imyaka ibiri.

Iri shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryakunze kuvugwamo ibibazo kuva cyera, ni kenshi abariyobora bavaho beguye, ibintu bituma bamwe bavuga ko hakomeje kubura umuntu ufite ububasha bwo kuyobora umupira wo mu Rwanda.

Bwaracyeye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart, na we arasezera.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, rigaragaza ko nyuma y’iyegura rya Niziyemana Mugabo Olivier, aza kuba asimbuwe by’agateganyo na Habyarimana Matiku Marcel kugeza igihe Inteko rusange izateranira.

Iri tangazo kandi ryanavuze ku isezera rya Muhire ryabaye kuri uyu wa Kane, FERWAFA ikavuga ko inama ya Komite Nyobozi yemeje ko aba asimbuwe na Karangwa Jules mu buryo bw’agateganyo.

FERWAFA isoza igira iti “Ibikorwa by’umupira w’amaguru bizakomeza nk’uko bisanzwe, ndetse bidatinze inzego zizaba zujujwe nk’uko amategeko abiteganya.”

Si we gusa wasezeye kuko heguye kandi na Komiseri ushinzwe amategeko muri FERWAFA, Uwanyirigira Delphine. Hasezera kandi Habiyakare Chantal wari ushinzwe umutungo ndetse na Iraguha David wari ushinzwe imari.

Si aba gusa kandi, kuko haneguye Komiseri ushinzwe Imisifurire muri FERWAFA, Rurangirwa Aaron, aho bikomeje kuvugwa ko hari n’abandi bagize Komite nyobozi ya FERWAFA bashobora gusezera isaha iyo ari yo yose.

Ibi byose bishingiye ku bibazo byakunze kuvugwa mu miyoborere ya FERWAFA byagiye binagarukwaho n’Abanyamuryango b’iri shyirahamwe, kuva mu minsi ishize, birimo ibyatangiye kuvugwa ubwo Muhire Henry Brulart yahagarikwaga by’igihe gito bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho, ariko akaza gusubizwa ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.

Kuva icyo gihe, bamwe mu banyamuryango ba FERWAFA ntibigeze bamwibonamo, ndetse bakunze gusaba ko yakwegura kabone nubwo ibyo yakekwagaho yaba yarabigizweho umwere ariko ko ubwabyo kuba yarabivuzweho ari icyasha.

Hakunze kuvugwa kandi imiyoborere itanoze muri iri shyirahamwe, yanagiye iba imbarutso ya bimwe mu bibazo byanajyaga hanze, bikavugwa mu itangazamakuru.

Iyegura ry’umusubirizo muri iri shyirahamwe, rikomeje gutungura bamwe, mu gihe abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, nk’abanyamakuru, bavuga ko ahubwo byari byaratinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 8 =

Previous Post

Umunyamideri ufite umwihariko yamaze kuba umunyamakuru w’imwe muri radiyo y’imyidagaduro mu Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,...Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.