Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiri kuba muri FERWAFA hari abo bikomeje kubera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ntakindi kiri kuvugwa, uretse iyegura ry’abayobozi n’isezera ry’abakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), babimburiwe n’uwari Perezida waryo, wakurikiwe n’abarimo uwari Umunyamabanga Mukuru. Hari abo byatunguye, hari n’abavuga ko byatinze.

Ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Nizeyimana Olivier Mugabo yeguye ku mwanya wa Perezida wa FERWAFA, yari agiye kumaraho imyaka ibiri.

Iri shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryakunze kuvugwamo ibibazo kuva cyera, ni kenshi abariyobora bavaho beguye, ibintu bituma bamwe bavuga ko hakomeje kubura umuntu ufite ububasha bwo kuyobora umupira wo mu Rwanda.

Bwaracyeye kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2023, uwari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart, na we arasezera.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, rigaragaza ko nyuma y’iyegura rya Niziyemana Mugabo Olivier, aza kuba asimbuwe by’agateganyo na Habyarimana Matiku Marcel kugeza igihe Inteko rusange izateranira.

Iri tangazo kandi ryanavuze ku isezera rya Muhire ryabaye kuri uyu wa Kane, FERWAFA ikavuga ko inama ya Komite Nyobozi yemeje ko aba asimbuwe na Karangwa Jules mu buryo bw’agateganyo.

FERWAFA isoza igira iti “Ibikorwa by’umupira w’amaguru bizakomeza nk’uko bisanzwe, ndetse bidatinze inzego zizaba zujujwe nk’uko amategeko abiteganya.”

Si we gusa wasezeye kuko heguye kandi na Komiseri ushinzwe amategeko muri FERWAFA, Uwanyirigira Delphine. Hasezera kandi Habiyakare Chantal wari ushinzwe umutungo ndetse na Iraguha David wari ushinzwe imari.

Si aba gusa kandi, kuko haneguye Komiseri ushinzwe Imisifurire muri FERWAFA, Rurangirwa Aaron, aho bikomeje kuvugwa ko hari n’abandi bagize Komite nyobozi ya FERWAFA bashobora gusezera isaha iyo ari yo yose.

Ibi byose bishingiye ku bibazo byakunze kuvugwa mu miyoborere ya FERWAFA byagiye binagarukwaho n’Abanyamuryango b’iri shyirahamwe, kuva mu minsi ishize, birimo ibyatangiye kuvugwa ubwo Muhire Henry Brulart yahagarikwaga by’igihe gito bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho, ariko akaza gusubizwa ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.

Kuva icyo gihe, bamwe mu banyamuryango ba FERWAFA ntibigeze bamwibonamo, ndetse bakunze gusaba ko yakwegura kabone nubwo ibyo yakekwagaho yaba yarabigizweho umwere ariko ko ubwabyo kuba yarabivuzweho ari icyasha.

Hakunze kuvugwa kandi imiyoborere itanoze muri iri shyirahamwe, yanagiye iba imbarutso ya bimwe mu bibazo byanajyaga hanze, bikavugwa mu itangazamakuru.

Iyegura ry’umusubirizo muri iri shyirahamwe, rikomeje gutungura bamwe, mu gihe abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, nk’abanyamakuru, bavuga ko ahubwo byari byaratinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 4 =

Previous Post

Umunyamideri ufite umwihariko yamaze kuba umunyamakuru w’imwe muri radiyo y’imyidagaduro mu Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,...Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.