Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro byumvikanamo ibiteye agahinda by’umusaza ukekwaho kwicana ubugome umugore we

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro byumvikanamo ibiteye agahinda by’umusaza ukekwaho kwicana ubugome umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 60 wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, ukekwaho kwica umugore we amukubise ishoka mu gatuza, yemera icyaha, akavuga ko yari amaze umwaka atekereza kumwica ngo kuko yajyaga mu bandi bagabo.

Uyu mugabo w’imyaka 60 wo mu Mudugudu wa Kagega mu Kagari ka Rugarama mu Murenge wa Kigina, akekwaho kwica umugore we w’imyaka 48 tariki 12 Kanama 2023.

Abana ba nyakwigendera n’uyu mugabo ukekwaho kumwivugana, ni bo batangaje urupfu rw’umubyeyi wabo, ubwo basangaga umurambo we imbere y’uburiri, ndetse iruhande rwe hari ishoka iriho amaraso.

Aba bana bahise bashinja Se kwica nyina, kuko bwakeye bakamubura, ari na bwo hahitaga hatangira ibikorwa byo kumushakisha, akaza gufatirwa mu kandi Kagari ka Twanteru mu Murenge wa Kigina.

Ubushinjacyaha dukesha iyi nkuru, bugira buti “Uregwa yemera ko yamwishe, akavuga ko yari amaze umwaka atekereza kuzamwica, akavuga ko yamuhoye kujya mu bandi bagabo.”

Ubushinjacyaha bugendeye ku buhamya bwatanzwe n’abana b’uregwa, ndetse no kuri raporo ya muganga yagaragaje ko nyakwigendera yazize kuva amaraso kubera ishoka yakubiswe mu gatuza, buvuga ko hari impamvu zikomeye zituma bukeka ko uregwa yakoze icyaha akekwaho, bityo ko akwiye kugihamywa.

Busaba Urukiko guhamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa burundu, ngo kuko yakoranye iki cyaba ubugome bw’indengakamere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − nine =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Next Post

Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Volleyball: Ikipe y’u Rwanda yageze aho izakinira irushanwa nk’iryo bashiki babo baherutse kwigaragarizamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.