Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, Ihuriro AFC ribarizwamo n’uyu mutwe riragirana ibiganiro by’imbonankubone na Guverinoma ya DRC, aho bivugwa ko iri Huriro ryamaze gushyikiriza umuhuza (Qatar) urutonde rw’ibyo risaba.

Ibi biganiro bitangira none ku wa Gatatu tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar, byitezweho gutanga umurongo w’igisubizo cyashyira iherezo ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Intego nyamukuru y’ibi biganiro, ni ukugarura amahoro muri aka gace kamaze igihe ari isibaniro ry’imirwano imaze igihe ihaganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’impande zigiha umusada zirimo Ingabo z’u Burundi, umutwe w’Abajenosideri wa FDRL n’uwa Wazalendo.

Uyu mutwe wa M23 wari waramaze kwitwa uw’iterabwoba n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, none tariki 09 Mata, biteganyijwe ko abawuhagarariye bahura n’abahagarariye Guverinoma y’iki Gihugu mu biganiro by’imishyikirano bigamije gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Amakuru avuga ko iri Huriro AFC/M23 ryamaze gushyikiriza umuhuza ari we Guverinoma ya Qatar urutonde rw’ibyo risaba ko bigomba kubahirizwa.

Iri Huriro rirasaba ko rihabwa imirongo itanga icyizere gisesuye ko ubutegetsi bwa Congo koko buje mu biganiro bubishaka atari urwiyerurutso ndetse ko imyanzuro izafatirwa muri iyi mishyikirano izubahirizwa.

Mu gihe ibi biganiro biba ku nshuro ya mbere byagira icyo bigeraho, biteganyijwe ko hazatangira ibindi biganiro bigamije kuganira ku ngingo z’ingenzi z’ibigomba gukorwa, birimo inzira yo guhagarika imirwano, gusesengura ibisabwa na AFC/M23 ndetse n’ishingiro ry’ibisabwa na Guverinoma ya Congo.

Abasesenguzi bavuga ko kugira ngo ibi biganiro bigire icyo bigeraho, bisaba ko Guverinoma ya Qatar nk’umuhuza, igomba na yo gushyiramo n’igitsure mu gihe iyoboye ibi biganiro.

Ibi biganiro bigiye kuba ku nshuro ya mbere hagati ya Leta ya Kinshasa na AFC/M23, bije bikurikira ibyagiye biba mu byiciro, aho amatsinda ku mpande zirebwa n’ibi bibazo yagiye yakirwa muri Qatar, arimo ay’impuguke mu by’ubutasi, mu bya gisirikare ndetse n’abasesenguzi mu bya Politiki.

Ni ibiganiro kandi bigiye kuba nyuma y’ibyumweru bitatu, Perezida Paul Kagame w’u Rwanea anahuriye na Felix Tshisekedi wa DRC, i Doha muri Qatar, mu biganiro byayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheihk Tamim Ben Hamad Al Thani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa America yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatusi

Next Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.