Thursday, September 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango MAGA (Make America Great Again) wubakiye ku ntego ya Perezida Donald Trump, urasaba ko Charlie Kirk wari umwe baharanira iki gitekerezo wishwe arasiwe mu ruhame, yashyirwa mu bahowe guharanira ukuri n’ubwisanzure.

Charlie Kirk yishwe arasiwe mu ruhame kuri uyu wa Gatatu tariki 10 ubwo yari ari gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Utah muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni urupfu rwashenguye benshi barimo Perezida Donald Trump wari inkoramutima ye, wanamufashije mu kwamamaza intekerezo ye yo gusubiza America ubuhangange bwayo mu bizwi nka Make America Great Again.

Mu butumwa bw’amashusho bwa Trump, yagize ati “Nshuti bavandimwe b’Abanyamerika, mbabajwe kandi nshenguwe n’iyicwa rya Charlie Kirk warasiwe muri Utah. Charlie yabereye urugero benshi, abantu bose barabizi namukundaga cyane. Charlie yakundaga Igihugu.”

Bamwe mu bafite amazina akomeye mu Muryango MAGA (Make America Great Again) barasaba ko uyu mugabo ashyirwa mu bahowe (martyr) guharanira ukuri n’ukwishyira ukizana.

Bavuga ko yazize guharanira indagagaciro za gi-conservative zo gukomera ku mahame yo hambere ndetse n’iza gikristu.

Uyu watangaga ibiganiro bizwi nka Podcast ku bijyanye no gukomera ku mahame, akaba ndetse yari umwe mu bigaruriye imitima y’abashyigikiye Trump, iyicwa rye rikomeje kuba amayobera, kuko hagikomeje gushakiswa uwaba wamwivuganye.

Perezida Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, we ashinja abo badahuje imyumvire kuba inyuma y’urupfu rw’uyu mugabo.

Yagize ati “Kuva mu myaka yatambutse, abadahuje ibitekerezo natwe bakomeje gufata Abanyamerika badasanzwe nka Charlie, bakabagereranya n’aba Nazis cyangwa nk’abanyabyaha n’abicanyi. Iyi myumvire ntaho itandukaniye n’ubuterabwoba tudashobora kwihanganira mu Gihugu cyacu, kandi bikwiye guhagarara vuba na bwangu.”

Trump kandi yizeje ko ubuyobozi bwe buzatahura abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi bwakorewe Charlie ndetse n’ibindi bikorwa byose by’urugomo, ndetse hanatahurwe imiryango yose yaba ibatera inkunga inabashyigikiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 20 =

Previous Post

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

Next Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Related Posts

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho ya bimwe mu bikorwa bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu by’igisirikare cya DRC, agaragaza bamwe mu basirikare b’iki Gihugu baboshye abo...

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

by radiotv10
11/09/2025
0

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama yemeje ko iki Gihugu cyakiriye abantu 14 birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America,...

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

by radiotv10
10/09/2025
0

Leta ya Qatar yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatinze kubamanyesha imyiteguro y’igitero Israel yagabye i Doha, kandi ko...

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

DRCongo: Gen.Gasita watumye muri Uvira bidogera byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
10/09/2025
0

General Olivier Gasita uherutse kugirwa Umuyobozi Wungirije wa Rejiyo ya 33 unashinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’ubutasi muri Uvira, bikazamura intugunda...

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Umutwe wa Hamas watangaje ko abayobozi bakuru bawo barokotse igitero cya Israel yagabye muri Qatar, icyakora yemeza ko cyahitanye bamwe...

IZIHERUKA

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
IBYAMAMARE

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

11/09/2025
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

11/09/2025
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

11/09/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

11/09/2025
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

11/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy'umwaka afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.