Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’abataramenyekana bateze imodoka y’abafana ba APR bakayimenagura ibirahure byajemo inzego

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’abataramenyekana bateze imodoka y’abafana ba APR bakayimenagura ibirahure byajemo inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko imodoka yari itwaye abafana ba APR FC bari bavuye i Huye itezwe n’abantu bataramenyekana bakayimegura ibirahure ndetse bamwe mu bari bayirimo bagakomereka, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye gukora iperereza.

Uru rugomo rwabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2023 ubwo APR FC yari imaze gutsindwa na mucyeba wayo Rayon Sports igitego 1-0.

Imodoka yo mu bwoko bwa bus ya kompanyi itwara abagenzi ya RITCO yari itwaye bamwe mu bafana ba APR yari ivuye kuri stade ya Huye yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari igeze i Rusatira yatewe amabuye n’abantu bataramenyekana.

Ikirahure cy’inyuma cy’iyi modoka cyose cyamenetse, ndetse bamwe mu bari bari muri iyi modoka, bakaba bakomeretse.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwinjiye muri iki kibazo, ruhita rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane ababigizemo uruhare.

Dr Murangira B. Thierry, umuvugizi w’uru rwego, yavuze ko “RIB yatangije iperereza ku bantu bataramenyekana bateze bagatera amabuye imodoka ya RITCO yari itwaye abafana ba APR FC.”

Avuga ko ntawahita yemeza ko gutera amabuye kuri iyi modoka bifitanye isano n’umukino wari umaze kuba hagati ya APR na Rayon Sports, bityo ko ari yo mpamvu hari gukorwa iri perereza rizabigaragaza.

Umuvugizi wa RIB kandi avuga ko uru rugomo rwakomerekeyemo abantu batandatu bari muri iyi modoka ya RITCO dore ko bimwe mu birahure byayo byamenetse.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul, nyuma y’uru rugomo, yavuze ko rutakozwe n’abafana b’iyi kipe, aho yagize ati “kuki se bitaba byakozwe n’abafana ba APR FC batishimiye umusaruro babonye? Aba-Rayon twavuye muri Sidate ya Huye ntawe duhutaje kandi dutaha amahoro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire ku Isi yatangaje inkuru nziza imwerekeyeho yatunguye benshi

Next Post

Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye

Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.