Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
3
Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ni yo ikipe ikinoma ba kizigenza muri ruhago y’Isi, Messi na Mbappe banahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022, ariko muri UEFA Champions League urugendo rwabo nka Paris Saint Geramain rwahagaritswe na Bayern Munich ikinamo Umunyafurika kabuhariwe Sadio Mane.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe 2023 wari utegerejwe na benshi, kuko umukino ubanza n’ubundi Paris Saint Germain yari yatsindiwe mu rugo igitego 1-0.

Muri uyu mukino wo kwishyura, PSG yatsinzwe ibitego 2-0 bya Eric Maxime Choupo – Moting ku munota wa 61′ na Serge Gnabry ku munota wa 89′.

Iyi kipe kuva yagurwa na Qatar Sports Investments (QSI) mu mwaka wa 2011, yakomeje kugenda igerageza gushora amafaranga menshi ku isoko ry’abakinnyi kugira ngo irebe ko yatwara iki gikombe ariko byarananiranye.

Kuva mu mwaka w’imikino wa 2011-2012 kugeza ubu imaze gutanga angana na €1.795.000.000 igura abakinnyi batandukanye ariko igihambaye yakoze muri iri rushanwa ni ukugera ku mukino wa nyuma inshuro 1 ndetse no kuviramo muri 1/2 inshuro 1 gusa.

Ni ikipe kandi ubu ifite agahigo ko kuba ari yo ihemba amafaranga menshi abakinnyi bayo aho buri mwaka Million 728 z’ama Euro zigendera mu mishara, harimo imishahara ihanitse bahaye umunya-Brazil Neymar Jr n’Umufaransa Kylian Mbappe kugira ngo bongere amasezerano, ukongeraho n’ayo bahemba kizigenza Lionel Messi ufite imipira ya zahabu (Ballon d’or) 7 kugeza ubu.

Nyuma yo gusezererwa na Bayern Munich, haribazwa niba iyi kipe izabasha kugumana aba bakinnyi uko ari batatu cyane ko Lionel Messi we azasoza amasezerano mu mpeshyi y’uyu mwaka, mu gihe Neymar na Mbappe bo baheruka kongera amasezerano nabo amakipe yo mu burayi atandukanye abifuza.

Ikindi kibazwa ni ahazaza h’umutoza Christopher Galtier urimo uratozamo umwaka we wa mbere.

Bayern yo yasubiriye PSG irayisezerera
Mbappe ubu icyo asigaye ahanze amaso ni shampiyona

Deus
RADIOTV10

Comments 3

  1. Majambere abdoul says:
    2 years ago

    Nibayabone erega mesi neyimal ntaco namaze Bose basumbwa n’a mbape🧏🧏🧏🧏🧏

    Reply
  2. Ntakirutimana says:
    2 years ago

    Ngewe mbona PSG yafata bariya bakinnyi bato igashyiramo abasitali bacye urugero nka Real Madrid ishyiramo abana bakizamuka ikagabanya abasitari noneho banana baha imipira abasitari bagatsinda arikose uzafata abasitari Bose ubashyire mwikipe imwe urumva birashoboka? Nibakuremo mess cg mbappe bazane abana Bazi kutanga imipira nibatahyigaho ntagikombe babona .Mumbabarire ububutumwa muzabugeze kuri PSG ndayikunda cyane murakoze

    Reply
  3. Belyse Urwidukunda says:
    2 years ago

    Iraziraumutoza utazikujera abakinny ndahamyako iriyakipe uyihaye zidane yayibyazaumusruro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Next Post

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Related Posts

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

by radiotv10
05/08/2025
1

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi...

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

by radiotv10
04/08/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryifurije iruhuko ridashira Mukanemeye Madeleine wari umukunzi w’umupira w’amaguru by’umwihariko w’Ikipe ya Mukura, witabye...

Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

by radiotv10
04/08/2025
0

Nyuma yo kuva muri APR FC agasinyira Police FC muri iyi mpeshyi, Alain Kwitonda bita Bacca, yahamije ko Rayon Sports...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.