Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
3
Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ni yo ikipe ikinoma ba kizigenza muri ruhago y’Isi, Messi na Mbappe banahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022, ariko muri UEFA Champions League urugendo rwabo nka Paris Saint Geramain rwahagaritswe na Bayern Munich ikinamo Umunyafurika kabuhariwe Sadio Mane.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe 2023 wari utegerejwe na benshi, kuko umukino ubanza n’ubundi Paris Saint Germain yari yatsindiwe mu rugo igitego 1-0.

Muri uyu mukino wo kwishyura, PSG yatsinzwe ibitego 2-0 bya Eric Maxime Choupo – Moting ku munota wa 61′ na Serge Gnabry ku munota wa 89′.

Iyi kipe kuva yagurwa na Qatar Sports Investments (QSI) mu mwaka wa 2011, yakomeje kugenda igerageza gushora amafaranga menshi ku isoko ry’abakinnyi kugira ngo irebe ko yatwara iki gikombe ariko byarananiranye.

Kuva mu mwaka w’imikino wa 2011-2012 kugeza ubu imaze gutanga angana na €1.795.000.000 igura abakinnyi batandukanye ariko igihambaye yakoze muri iri rushanwa ni ukugera ku mukino wa nyuma inshuro 1 ndetse no kuviramo muri 1/2 inshuro 1 gusa.

Ni ikipe kandi ubu ifite agahigo ko kuba ari yo ihemba amafaranga menshi abakinnyi bayo aho buri mwaka Million 728 z’ama Euro zigendera mu mishara, harimo imishahara ihanitse bahaye umunya-Brazil Neymar Jr n’Umufaransa Kylian Mbappe kugira ngo bongere amasezerano, ukongeraho n’ayo bahemba kizigenza Lionel Messi ufite imipira ya zahabu (Ballon d’or) 7 kugeza ubu.

Nyuma yo gusezererwa na Bayern Munich, haribazwa niba iyi kipe izabasha kugumana aba bakinnyi uko ari batatu cyane ko Lionel Messi we azasoza amasezerano mu mpeshyi y’uyu mwaka, mu gihe Neymar na Mbappe bo baheruka kongera amasezerano nabo amakipe yo mu burayi atandukanye abifuza.

Ikindi kibazwa ni ahazaza h’umutoza Christopher Galtier urimo uratozamo umwaka we wa mbere.

Bayern yo yasubiriye PSG irayisezerera
Mbappe ubu icyo asigaye ahanze amaso ni shampiyona

Deus
RADIOTV10

Comments 3

  1. Majambere abdoul says:
    3 years ago

    Nibayabone erega mesi neyimal ntaco namaze Bose basumbwa n’a mbape🧏🧏🧏🧏🧏

    Reply
  2. Ntakirutimana says:
    3 years ago

    Ngewe mbona PSG yafata bariya bakinnyi bato igashyiramo abasitali bacye urugero nka Real Madrid ishyiramo abana bakizamuka ikagabanya abasitari noneho banana baha imipira abasitari bagatsinda arikose uzafata abasitari Bose ubashyire mwikipe imwe urumva birashoboka? Nibakuremo mess cg mbappe bazane abana Bazi kutanga imipira nibatahyigaho ntagikombe babona .Mumbabarire ububutumwa muzabugeze kuri PSG ndayikunda cyane murakoze

    Reply
  3. Belyse Urwidukunda says:
    3 years ago

    Iraziraumutoza utazikujera abakinny ndahamyako iriyakipe uyihaye zidane yayibyazaumusruro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Next Post

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.