Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo benshi biraye mu mihanda berecyeza ku Biro bya Ambasade z’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi na USA, bigaragambya bamagana ibyo Bihugu, bashinga kuba inyuma y’intambara imaze iminsi muri iki Gihugu.

Ni imyigaragambyo iri gukorwa n’Abanyekongo, bamagana Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi babishinja gushoza intambara muri Congo, bigamije gusahura ubutunzi bw’icyo Gihugu nkuko bikubiye mu ndirimbo bari kuririmba n’ibyapa bitwaje.

Abigaragambya badukiriye amabendera ya Leta Zunze Ubumwe za America n’ u Bubiligi bwahoze bukoloniza Congo, bayashumika inkongi arashya arakongoka.

Ibi byatumye Abapolisi barenga 50 boherezwa kurinda Ambasade y’u Bwongereza, iri mu nkengero y’Uruzi rwa Congo, abandi babarirwa muri mirongo boherezwa gukora uburinzi kuri Ambasade y’u Bufaransa, n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Kubera ubukana bw’iyi myigaragambyo, byabaye ngombwa ko Polisi ibarasamo ibyuka biryana mu maso, kugira ngo ibatatanye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reauters, bivuga ko kubera impungenge z’umutekano mu Murwa Mukuru i Kishansa, kuri uyu wa Mbere amashuri mpuzamahanga n’amaduka y’abanyamahanga yo muri Komine ya Gombe, yiriwe afunze.

Izi mvururu z’imyigaragambyo, zirasa n’izibaye Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bwamaze kubimenya mbere y’uko zitangira, kuko ku Cyumweru USA yasabye abaturage bayo bari muri Congo kutigaragaza cyane, kandi bakiyegereza amazi n’ibiribwa, kuko hari ubwo byaba ngombwa ko baguma mu rugo mu gihe cy’iminsi itazwi.

Uretse USA, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bwongereza yari yaburiye ko imyigaragambyo ishobora kuzakomeza muri iki cyumweru, ku buryo hari ibyago by’uko abanyamahanga bashobora kwibasirwa nta kurobanura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean de la paix says:
    2 years ago

    Let us pray calling the Almighty God to arrest the war in Congo. God had never failed and He isn’t going to fail putting the end to this war.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Next Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.