Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo benshi biraye mu mihanda berecyeza ku Biro bya Ambasade z’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi na USA, bigaragambya bamagana ibyo Bihugu, bashinga kuba inyuma y’intambara imaze iminsi muri iki Gihugu.

Ni imyigaragambyo iri gukorwa n’Abanyekongo, bamagana Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi babishinja gushoza intambara muri Congo, bigamije gusahura ubutunzi bw’icyo Gihugu nkuko bikubiye mu ndirimbo bari kuririmba n’ibyapa bitwaje.

Abigaragambya badukiriye amabendera ya Leta Zunze Ubumwe za America n’ u Bubiligi bwahoze bukoloniza Congo, bayashumika inkongi arashya arakongoka.

Ibi byatumye Abapolisi barenga 50 boherezwa kurinda Ambasade y’u Bwongereza, iri mu nkengero y’Uruzi rwa Congo, abandi babarirwa muri mirongo boherezwa gukora uburinzi kuri Ambasade y’u Bufaransa, n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Kubera ubukana bw’iyi myigaragambyo, byabaye ngombwa ko Polisi ibarasamo ibyuka biryana mu maso, kugira ngo ibatatanye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reauters, bivuga ko kubera impungenge z’umutekano mu Murwa Mukuru i Kishansa, kuri uyu wa Mbere amashuri mpuzamahanga n’amaduka y’abanyamahanga yo muri Komine ya Gombe, yiriwe afunze.

Izi mvururu z’imyigaragambyo, zirasa n’izibaye Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bwamaze kubimenya mbere y’uko zitangira, kuko ku Cyumweru USA yasabye abaturage bayo bari muri Congo kutigaragaza cyane, kandi bakiyegereza amazi n’ibiribwa, kuko hari ubwo byaba ngombwa ko baguma mu rugo mu gihe cy’iminsi itazwi.

Uretse USA, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bwongereza yari yaburiye ko imyigaragambyo ishobora kuzakomeza muri iki cyumweru, ku buryo hari ibyago by’uko abanyamahanga bashobora kwibasirwa nta kurobanura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean de la paix says:
    2 years ago

    Let us pray calling the Almighty God to arrest the war in Congo. God had never failed and He isn’t going to fail putting the end to this war.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Next Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.