Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Ibyo muri Congo bikomeje kudogera, noneho umujinya bawerecyeje ku Bihugu by’ibihangange
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo benshi biraye mu mihanda berecyeza ku Biro bya Ambasade z’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi na USA, bigaragambya bamagana ibyo Bihugu, bashinga kuba inyuma y’intambara imaze iminsi muri iki Gihugu.

Ni imyigaragambyo iri gukorwa n’Abanyekongo, bamagana Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi babishinja gushoza intambara muri Congo, bigamije gusahura ubutunzi bw’icyo Gihugu nkuko bikubiye mu ndirimbo bari kuririmba n’ibyapa bitwaje.

Abigaragambya badukiriye amabendera ya Leta Zunze Ubumwe za America n’ u Bubiligi bwahoze bukoloniza Congo, bayashumika inkongi arashya arakongoka.

Ibi byatumye Abapolisi barenga 50 boherezwa kurinda Ambasade y’u Bwongereza, iri mu nkengero y’Uruzi rwa Congo, abandi babarirwa muri mirongo boherezwa gukora uburinzi kuri Ambasade y’u Bufaransa, n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Kubera ubukana bw’iyi myigaragambyo, byabaye ngombwa ko Polisi ibarasamo ibyuka biryana mu maso, kugira ngo ibatatanye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reauters, bivuga ko kubera impungenge z’umutekano mu Murwa Mukuru i Kishansa, kuri uyu wa Mbere amashuri mpuzamahanga n’amaduka y’abanyamahanga yo muri Komine ya Gombe, yiriwe afunze.

Izi mvururu z’imyigaragambyo, zirasa n’izibaye Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bwamaze kubimenya mbere y’uko zitangira, kuko ku Cyumweru USA yasabye abaturage bayo bari muri Congo kutigaragaza cyane, kandi bakiyegereza amazi n’ibiribwa, kuko hari ubwo byaba ngombwa ko baguma mu rugo mu gihe cy’iminsi itazwi.

Uretse USA, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bwongereza yari yaburiye ko imyigaragambyo ishobora kuzakomeza muri iki cyumweru, ku buryo hari ibyago by’uko abanyamahanga bashobora kwibasirwa nta kurobanura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean de la paix says:
    2 years ago

    Let us pray calling the Almighty God to arrest the war in Congo. God had never failed and He isn’t going to fail putting the end to this war.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 16 =

Previous Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Next Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.