Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Michel Sama Lukonde yashyikirije Perezida Félix Tshisekedi, ibaruwa ikubiyemo ubwegure bwe, buhita bujyanya n’Abari bagize Guverinoma yose.

Sama Lukonde yashyikirije Tshisekedi ibaruwa y’ubwegure bwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024.

Sama Lukonde yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’uko atorewe umwanya w’Ubudepite uzahagararira Intara ya Haut Katanga, ndetse akaba aherutse kurahirira izi nshingano.

Yeguye nyuma y’iminsi umunani manda ye y’umwanya w’Ubudepite yemejwe, akaba yeguye nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi yongeye gutorerwa kuyobora Congo muri manda ya kabiri, aho agomba no gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya uzashyiraho Guverinoma nshya.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rigira riti “Ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe, bugomba guhita bunajyana n’itsinda ry’abagize Guverinoma yose barimo 39 baherutse gutorerwa imyanya y’Abadepite ku rwego rw’Igihugu cyangwa rw’Intara.”

Ubu bwegure buteganywa n’Itegeko kugira ngo buhe inzira ishyirwaho rya Guverinoma nshya, nyuma y’amatora aherutse kuba mu mpera z’umwa ushize

Sama Lukonde yari yagizwe Minisitiri w’Intebe tariki 15 Gashyantare 2021 ubwo yasimburaga Sylvestre Ilunga Ilunkamba waje gutakarizwa icyizere n’Inteko Ishinga Amategeko akegura.

Uyu munyapolitiki wahawe uyu mwanya ku myaka 43 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka itatu n’iminsi itanu ayoboye Guverinoma ya Congo, yitebiriye Inama z’Abaminisitiri 125 ubwo yari muri izi nshingano.

Sama Lukonde yashyikiriye Tshisekedi ubwegure
Na Guverinoma yose irahita irangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

Next Post

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.