Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Michel Sama Lukonde yashyikirije Perezida Félix Tshisekedi, ibaruwa ikubiyemo ubwegure bwe, buhita bujyanya n’Abari bagize Guverinoma yose.

Sama Lukonde yashyikirije Tshisekedi ibaruwa y’ubwegure bwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024.

Sama Lukonde yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’uko atorewe umwanya w’Ubudepite uzahagararira Intara ya Haut Katanga, ndetse akaba aherutse kurahirira izi nshingano.

Yeguye nyuma y’iminsi umunani manda ye y’umwanya w’Ubudepite yemejwe, akaba yeguye nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi yongeye gutorerwa kuyobora Congo muri manda ya kabiri, aho agomba no gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya uzashyiraho Guverinoma nshya.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rigira riti “Ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe, bugomba guhita bunajyana n’itsinda ry’abagize Guverinoma yose barimo 39 baherutse gutorerwa imyanya y’Abadepite ku rwego rw’Igihugu cyangwa rw’Intara.”

Ubu bwegure buteganywa n’Itegeko kugira ngo buhe inzira ishyirwaho rya Guverinoma nshya, nyuma y’amatora aherutse kuba mu mpera z’umwa ushize

Sama Lukonde yari yagizwe Minisitiri w’Intebe tariki 15 Gashyantare 2021 ubwo yasimburaga Sylvestre Ilunga Ilunkamba waje gutakarizwa icyizere n’Inteko Ishinga Amategeko akegura.

Uyu munyapolitiki wahawe uyu mwanya ku myaka 43 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka itatu n’iminsi itanu ayoboye Guverinoma ya Congo, yitebiriye Inama z’Abaminisitiri 125 ubwo yari muri izi nshingano.

Sama Lukonde yashyikiriye Tshisekedi ubwegure
Na Guverinoma yose irahita irangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − three =

Previous Post

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

Next Post

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.