Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Michel Sama Lukonde yashyikirije Perezida Félix Tshisekedi, ibaruwa ikubiyemo ubwegure bwe, buhita bujyanya n’Abari bagize Guverinoma yose.

Sama Lukonde yashyikirije Tshisekedi ibaruwa y’ubwegure bwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024.

Sama Lukonde yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’uko atorewe umwanya w’Ubudepite uzahagararira Intara ya Haut Katanga, ndetse akaba aherutse kurahirira izi nshingano.

Yeguye nyuma y’iminsi umunani manda ye y’umwanya w’Ubudepite yemejwe, akaba yeguye nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi yongeye gutorerwa kuyobora Congo muri manda ya kabiri, aho agomba no gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya uzashyiraho Guverinoma nshya.

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rigira riti “Ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe, bugomba guhita bunajyana n’itsinda ry’abagize Guverinoma yose barimo 39 baherutse gutorerwa imyanya y’Abadepite ku rwego rw’Igihugu cyangwa rw’Intara.”

Ubu bwegure buteganywa n’Itegeko kugira ngo buhe inzira ishyirwaho rya Guverinoma nshya, nyuma y’amatora aherutse kuba mu mpera z’umwa ushize

Sama Lukonde yari yagizwe Minisitiri w’Intebe tariki 15 Gashyantare 2021 ubwo yasimburaga Sylvestre Ilunga Ilunkamba waje gutakarizwa icyizere n’Inteko Ishinga Amategeko akegura.

Uyu munyapolitiki wahawe uyu mwanya ku myaka 43 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka itatu n’iminsi itanu ayoboye Guverinoma ya Congo, yitebiriye Inama z’Abaminisitiri 125 ubwo yari muri izi nshingano.

Sama Lukonde yashyikiriye Tshisekedi ubwegure
Na Guverinoma yose irahita irangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Hamenyekanye ko ubutasi bwa America bwari bwatangiye guhuza u Rwanda na Congo

Next Post

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.