Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze byari byarabuze, anatanga umucyo ku bihuha byavugaga ko uruhande bahanganye hari ibice ruherutse kwisubiza.

Ni mu kiganiro Col Willy Ngoma yagiranye n’Igitangazamakuru Voice of Kivu gitangaza amakuru yibanda ku bibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu muvugizi wa M23, atangira agaragaza ko kimwe mu byatumye ibice byigaruriwe n’iri huriro bibona umutekano byari byarabuze igihe kinini, ari uko ryashyizeho inzego zinyuranye by’umwihariko iz’umutekano, nka Polisi ndetse n’Igisirikare kandi bikora kinyamwuga.

Ati “Twe icyo twabanje gukora, ni ugushyiraho ubuyobozi, yaba mu mujyi ndetse no nkengero zawo. Dufite Umuyobozi w’Umujyi, dufite abashefu ba Quartier, dufite abashefu ba Teritwari. Abo bose bakorera amahoro y’abaturage.”

Naho mu bice binyuranye, hagiye hashyirwaho abakuriye inzego z’umutekano zaba Polisi ndetse n’igisirikare, kandi bose bagakorana buzuzanya mu rwego rwo kugira ngo hatagira igihungabanya umutekano w’abaturage.

Ati “Mu mujyi rero tukagira Polisi. Igipolisi cy’umwuga, cyahawe imyitozo ihagije, kandi Abapolisi bacyo bagiye banoherezwa mu bice byose tugenzura.”

Yavuze kandi ko noneho hanaherutse gutangizwa urwego rukora mu buryo bw’ubutabera, ku buryo Inkiko zose zo mu bice bigenzurwa n’iri huriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, ubu zatangiye gukora.

Col Willy Ngoma

Naho ku makuru aherutse gukwirakwira ko uruhande ruhanganye n’iri huriro rugizwe na FARDC ndetse n’abafasha iki gisirikare cya Leta nka Wazalendo, rwaba ruherutse kugira ibice rwisubiza, Col Willy Ngoma yamaganiye kure ayo makuru.

Ati “Nta nubwo wari ukwiye kuvuga ko hari aho bafashe, oya oya, nta na santimetero n’imwe bigeze bisubiza. Icyo bakomeje, ni ibitero byo kurasa buhumyi, kandi byibasira abaturage, byumwihariko mu bice bituwemo n’abaturage benshi.”

Avuga ko nubwo uruhande bahanganye rukomeje guhungabanya umutekano w’abaturage bo mu bice bigenzurwa n’iri huriro, ariko na ryo ritaba ryicaye, ahubwo ko rihangana n’ibyo bitero.

Ati “Twe turi hano kubera amahoro. Turashaka amahoro, kandi iyo tuvuze ko dushaka amahoro, ntibivuze ko nutugabaho ibitero tutazagusubiza. Tuzasubiza ibitero byose bitugabwaho.”

Ku bijyanye n’ibitero FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ku Banyekongo bo mu Muryango w’Abanyamulenge batuye muri Minembwe muri Kivu y’Epfo, Col Willy Ngoma yavuze ko babyamagana bivuye inyuma, byumwihariko akavuga ko banenga cyane Leta ikomeje gukora ibi bikorwa.

Ati “Ikibazo cya Minembwe kirakomeye cyane kurusha uko abantu bose bagisobanura. Cyari gikwiye guhangayikisha Abanyekongo bose, n’ikiremwamuntu cyose, kubona bashyira abaturage mu kato, bakabuzwa uburenganzira bwo kugera ku byo kurya, ku byo kunywa. Ntibabasha kugera ku byo bakenera by’ingenzi. Mu byukuri, abantu bose bari bakwiye kugira icyo bakora kugira ngo batabare bariya bantu.”

Col Willy Ngoma asaba umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora kuri iki kibazo cy’Abanyamulenge bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 8 =

Previous Post

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Next Post

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.