Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Pogba wari umaze umwaka atabanza mu kibuga mu ikipe ye ya Juventus, bwa mbere ubwo yari yabanjemo, yongeye kuvunika, asohoka mu kibuga acumbagira mu marira menshi.

Umukinnyi w’ikipe ya Juventus, Paul Labile Pogba, cyera kabaye yabanje mu kibuga bwa mbere mu minsi 390, gusa yamazemo iminota hafi 24 dore ko yavuye mu kibuga, acumbagira n’amarira menshi nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune y’imitsi.

Paul Pogba, ukina hagati mu kibuga, yari yatangiye neza ubwo ikipe ye ya Juventus yakiriraga Cremonese kuri Stade yitwa Allianz Stadium, iherereye i Turin, aho yagiye agerageza amashoti menshi. Gusa nyuma y’umupira wari uvuye muri corner, bakawukuramo, Pogba agashaka kuwusongamo, yahise ahagarara kubera ikibazo cy’imvune.

Paul Labile Pogba yagaragaraga nk’uri kubabara ubwo abaganga barebaga ikibazo agize mu ivi rye ry’ibumoso no mu itako, gusa yabashije kwivana mu kibuga, aho yasimbuwe na Arkadiusz Milik.

Abaganga b’ikipe ya Juventus babwiye ikinyamakuru cyitwa Football Italia ko Pogba atagize ikibazo mu ivi, ahubwo ko ari mu itako ry’ibumoso, akaba ari ikibazo kijyanye n’imitsi, aho banongeyeho ko ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaruka mu kibuga.

Paul Pogba, w’imyaka 28, yazamuye umupira yari yambaye, awupfuka mu maso ngo ahishe amarira, gusa n’ubundi amarira ye yaje kugaragara ubwo umutoza Max Allegri yamukubitaga mu mugongo, asa n’umuhumuriza.

Uyu Paul Pogba byamubabaje kimwe nk’uko byamugendekeye mu mukino yaherukaga kubanzamo, aho yari akiri mu ikipe ya Manchester United ubwo bahuraga na Liverpool, akava mu kibuga ku munota wa 10.

Tubariyemo n’ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Paul Pogba yabashije gukina iminota 159 gusa mu mwambaro wa Juventus muri uyu mwaka w’imikino.

Ibi kandi binasobanuye ko Paul Pogba agomba gusiba umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League bazasuramo FC Seville kuri uyu wa 4.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

Next Post

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga
AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.