Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Pogba wari umaze umwaka atabanza mu kibuga mu ikipe ye ya Juventus, bwa mbere ubwo yari yabanjemo, yongeye kuvunika, asohoka mu kibuga acumbagira mu marira menshi.

Umukinnyi w’ikipe ya Juventus, Paul Labile Pogba, cyera kabaye yabanje mu kibuga bwa mbere mu minsi 390, gusa yamazemo iminota hafi 24 dore ko yavuye mu kibuga, acumbagira n’amarira menshi nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune y’imitsi.

Paul Pogba, ukina hagati mu kibuga, yari yatangiye neza ubwo ikipe ye ya Juventus yakiriraga Cremonese kuri Stade yitwa Allianz Stadium, iherereye i Turin, aho yagiye agerageza amashoti menshi. Gusa nyuma y’umupira wari uvuye muri corner, bakawukuramo, Pogba agashaka kuwusongamo, yahise ahagarara kubera ikibazo cy’imvune.

Paul Labile Pogba yagaragaraga nk’uri kubabara ubwo abaganga barebaga ikibazo agize mu ivi rye ry’ibumoso no mu itako, gusa yabashije kwivana mu kibuga, aho yasimbuwe na Arkadiusz Milik.

Abaganga b’ikipe ya Juventus babwiye ikinyamakuru cyitwa Football Italia ko Pogba atagize ikibazo mu ivi, ahubwo ko ari mu itako ry’ibumoso, akaba ari ikibazo kijyanye n’imitsi, aho banongeyeho ko ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaruka mu kibuga.

Paul Pogba, w’imyaka 28, yazamuye umupira yari yambaye, awupfuka mu maso ngo ahishe amarira, gusa n’ubundi amarira ye yaje kugaragara ubwo umutoza Max Allegri yamukubitaga mu mugongo, asa n’umuhumuriza.

Uyu Paul Pogba byamubabaje kimwe nk’uko byamugendekeye mu mukino yaherukaga kubanzamo, aho yari akiri mu ikipe ya Manchester United ubwo bahuraga na Liverpool, akava mu kibuga ku munota wa 10.

Tubariyemo n’ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Paul Pogba yabashije gukina iminota 159 gusa mu mwambaro wa Juventus muri uyu mwaka w’imikino.

Ibi kandi binasobanuye ko Paul Pogba agomba gusiba umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League bazasuramo FC Seville kuri uyu wa 4.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seventeen =

Previous Post

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

Next Post

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.