Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu magambo yumvikanamo ikiniga cyinshi, Jordan Brian Henderson yasezeye mu ikipe ya Liverpool yari amazemo imyaka 12, avuga ko yayigezemo akiri umwana, akaba ayivuyemo ari umugabo.

Henderson w’imyaka 33 y’amavuko, yari amaze imyaka 12 akinira iyi kipe ya Liverpool yagezemo muri 2011 ubwo yari avuye Sunderland yakuriyemo.

Jordan Brian Henderson asezera yagize ati “Sinzi neza niba mfite amagambo yo gukoresha ngo mvuge uko niyumva muri aka kanya. Ubu ndi mu rwambariro ku munsi wa nyuma wanjye hano namwe murabyumva uko bimereye. Gusa ndifuza gusobanura uko imyaka 12 yanjye hano yangendekeye njye n’umuryango wanjye.

Ndibuka neza mu mpeshyi ya Kamena ya 2011 ubwo nasinyiraga Liverpool mvuye muri Sunderland, icyo gihe byari bingoye cyane ntabeshye kuko nari mvuye mu mujyi wanjye mvukamo kandi nakuriyemo, kandi mu ikipe yanjye, gusa nyine ntabwo Liverpool yaza ngo ikomange maze ngo uvuge oya.

Henderson yakomeje agira Ati “Iyo ndebye amashusho y’icyo gihe nari umwana muto ndetse nta n’uwari gutekereza ko imyaka 12 ikurikiyeho bizaba bimeze gutya, sinabeshya rwose habayemo ibihe bikomeye cyane, ariko iyo nsubije amaso inyuma nkareba uko urugendo rwanjye rwagenze muri Liverpool bizahora ari ibihe byiza cyane kuri njye byo kwibukwa.”

Arongera ati “Kugirwa kapiteni wa Liverpool FC ni cyo kintu kizampora mu mutwe Kandi ni icyubahiro gikomeye cyane. Ubwo nambaraga iki gitambaro ku nshuro ya mbere nagerageje kwitwara nka kapiteni wa Liverpool koko, ariko nanone icyubahiro cya Liverpool ntabwo kiza ku muntu umwe gusa ahubwo kiza mu bufatanye bw’abanru Bose.”

Jordan Henderson nyuma yo kugera muri Liverpool 2011, yagizwe Kapiteni mu mpeshyi ya 2015 ubwo umunyabigwi w’iyi kipe Steven Gerrard yari amaze gutandukana na yo.

Muri Liverpool Henderson abaye umwe muri ba kapiteni bagize amahirwe yo guterura ibikombe byose yakiniye (8) uretse igikombe cya UEFA Europa League.

Yatwaye Shampiyona y’Abongereza Premier League, UEFA Champions League, FA Cup, Football League Cup, FIFA Club’s World Cup, UEFA Super Cup, FA Community Shield n’ibindi.

Jordan Henderson yerekeje mu ikipe yo muri Saudi Arabia yitwa Al Ettifaq n’ubundi itozwa na Steven Gerrard bakinanye mu ikipe ya Liverpool aho azajya ahembwa agera ku bihumbi 700 Pounds ku cyumweru.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eight =

Previous Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Next Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n'abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.