• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu magambo yumvikanamo ikiniga cyinshi, Jordan Brian Henderson yasezeye mu ikipe ya Liverpool yari amazemo imyaka 12, avuga ko yayigezemo akiri umwana, akaba ayivuyemo ari umugabo.

Henderson w’imyaka 33 y’amavuko, yari amaze imyaka 12 akinira iyi kipe ya Liverpool yagezemo muri 2011 ubwo yari avuye Sunderland yakuriyemo.

Jordan Brian Henderson asezera yagize ati “Sinzi neza niba mfite amagambo yo gukoresha ngo mvuge uko niyumva muri aka kanya. Ubu ndi mu rwambariro ku munsi wa nyuma wanjye hano namwe murabyumva uko bimereye. Gusa ndifuza gusobanura uko imyaka 12 yanjye hano yangendekeye njye n’umuryango wanjye.

Ndibuka neza mu mpeshyi ya Kamena ya 2011 ubwo nasinyiraga Liverpool mvuye muri Sunderland, icyo gihe byari bingoye cyane ntabeshye kuko nari mvuye mu mujyi wanjye mvukamo kandi nakuriyemo, kandi mu ikipe yanjye, gusa nyine ntabwo Liverpool yaza ngo ikomange maze ngo uvuge oya.

Henderson yakomeje agira Ati “Iyo ndebye amashusho y’icyo gihe nari umwana muto ndetse nta n’uwari gutekereza ko imyaka 12 ikurikiyeho bizaba bimeze gutya, sinabeshya rwose habayemo ibihe bikomeye cyane, ariko iyo nsubije amaso inyuma nkareba uko urugendo rwanjye rwagenze muri Liverpool bizahora ari ibihe byiza cyane kuri njye byo kwibukwa.”

Arongera ati “Kugirwa kapiteni wa Liverpool FC ni cyo kintu kizampora mu mutwe Kandi ni icyubahiro gikomeye cyane. Ubwo nambaraga iki gitambaro ku nshuro ya mbere nagerageje kwitwara nka kapiteni wa Liverpool koko, ariko nanone icyubahiro cya Liverpool ntabwo kiza ku muntu umwe gusa ahubwo kiza mu bufatanye bw’abanru Bose.”

Jordan Henderson nyuma yo kugera muri Liverpool 2011, yagizwe Kapiteni mu mpeshyi ya 2015 ubwo umunyabigwi w’iyi kipe Steven Gerrard yari amaze gutandukana na yo.

Muri Liverpool Henderson abaye umwe muri ba kapiteni bagize amahirwe yo guterura ibikombe byose yakiniye (8) uretse igikombe cya UEFA Europa League.

Yatwaye Shampiyona y’Abongereza Premier League, UEFA Champions League, FA Cup, Football League Cup, FIFA Club’s World Cup, UEFA Super Cup, FA Community Shield n’ibindi.

Jordan Henderson yerekeje mu ikipe yo muri Saudi Arabia yitwa Al Ettifaq n’ubundi itozwa na Steven Gerrard bakinanye mu ikipe ya Liverpool aho azajya ahembwa agera ku bihumbi 700 Pounds ku cyumweru.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Next Post

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n’abakomeye

Guhirika ubutegetsi kongeye kubaho muri Afurika kuri kwamaganirwa kure n'abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.