Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot wagiriye uruzinduko mu Bihugu bitatu by’ibituranyi by’u Rwanda, birimo Uganda, mu kiganiro yagiranye na Perezida Yoweri Museveni, cyumvikanyemo ko yifuza ko aba umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda.

Maxime Prévot wagiriye uruzinduko muri Uganda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yahuraga na Museveni ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, yavuze ko Igihugu cye cy’u Bubiligi, kigifata u Rwanda nk’Igihugu gifite umwanya munini mu karere, ndetse gishobora gutanga umusanzu ukomeye mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma yo guhura na Museveni, Maxime Prévot yabwiye itangazamakuru ko yifuje kuganira n’uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda, kugira ngo abashe kumva neza ibibazo byo muri Congo, kubera ubunararibonye bwe.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bubiligi, wavuze ko intego z’uru ruzinduko rwe muri Uganda, zirimo n’andi mahirwe yo kwisunga Museveni kugira ngo agire uruhare mu kubafasha mu kuzahura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, ngo kuko “ni umuntu w’agaciro gahambaye mu bintu bya dipolomasi.”

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’ukwezi n’igice, u Rwanda ruciye umubano n’u Bubiligi ndetse n’ibindi byemezo rwagiye rufatira iki Gihugu cyari gikomeje kurusopanyiriza mu mahanga kirusabira ibihano, cyitwaje ibirego by’ibinyoma kirushinja by’uruhare ngo rugira mu bibazo byo muri Congo.

Maxime Prévot yagize ati “Ku bw’ibyago, kuri iyi nshuro ntabwo byankundira gusura u Rwanda, bitewe n’ibyemezo byarwo byaciye intege imibanire yacu. Nabisobanuriye Perezida Museveni ko hari amakuru ataratanzwe neza kuri iki kibazo. Guhagarika umubano ntabwo ari cyo cyari gikwiye kuba igisubizo.”

Ni imvugo yumvikanisha ko u Bubiligi bwifuza ko Museveni agira icyo akora mu kuzahura umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse abasesenguzi banyuranye mu bya politiki bakaba bemeza ko iki Gihugu gisa nk’icyasabye Museveni kuba umuhuza hagati yacyo n’u Rwanda.

Kuri Maxime Prévot, yizeye ko hakiri amahirwe ko Igihugu cye n’u Rwanda, bizaganira ku bibazo biri hagati yabyo kugira ngo buri kimwe cyumve ikindi, bityo n’ibibazo bihari bibonerwe umuti.

Mu kiganiro Maxime Prévot yagiranye na Museveni kandi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yemeza ko na we ikibazo cya FDLR gikwiye gushakirwa umuti urambye, ndetse Congo ikagira imiyoborere ihamye yubahiriza uburengaznira bwa muntu, irwanya imvugo z’urwangano zikunze kumvikana muri kiriya Gihugu ziba zibasira bamwe mu Banyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 3 =

Previous Post

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

Next Post

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Related Posts

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

IZIHERUKA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe
AMAHANGA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.