Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot wagiriye uruzinduko mu Bihugu bitatu by’ibituranyi by’u Rwanda, birimo Uganda, mu kiganiro yagiranye na Perezida Yoweri Museveni, cyumvikanyemo ko yifuza ko aba umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda.

Maxime Prévot wagiriye uruzinduko muri Uganda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yahuraga na Museveni ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, yavuze ko Igihugu cye cy’u Bubiligi, kigifata u Rwanda nk’Igihugu gifite umwanya munini mu karere, ndetse gishobora gutanga umusanzu ukomeye mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma yo guhura na Museveni, Maxime Prévot yabwiye itangazamakuru ko yifuje kuganira n’uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda, kugira ngo abashe kumva neza ibibazo byo muri Congo, kubera ubunararibonye bwe.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bubiligi, wavuze ko intego z’uru ruzinduko rwe muri Uganda, zirimo n’andi mahirwe yo kwisunga Museveni kugira ngo agire uruhare mu kubafasha mu kuzahura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, ngo kuko “ni umuntu w’agaciro gahambaye mu bintu bya dipolomasi.”

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’ukwezi n’igice, u Rwanda ruciye umubano n’u Bubiligi ndetse n’ibindi byemezo rwagiye rufatira iki Gihugu cyari gikomeje kurusopanyiriza mu mahanga kirusabira ibihano, cyitwaje ibirego by’ibinyoma kirushinja by’uruhare ngo rugira mu bibazo byo muri Congo.

Maxime Prévot yagize ati “Ku bw’ibyago, kuri iyi nshuro ntabwo byankundira gusura u Rwanda, bitewe n’ibyemezo byarwo byaciye intege imibanire yacu. Nabisobanuriye Perezida Museveni ko hari amakuru ataratanzwe neza kuri iki kibazo. Guhagarika umubano ntabwo ari cyo cyari gikwiye kuba igisubizo.”

Ni imvugo yumvikanisha ko u Bubiligi bwifuza ko Museveni agira icyo akora mu kuzahura umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse abasesenguzi banyuranye mu bya politiki bakaba bemeza ko iki Gihugu gisa nk’icyasabye Museveni kuba umuhuza hagati yacyo n’u Rwanda.

Kuri Maxime Prévot, yizeye ko hakiri amahirwe ko Igihugu cye n’u Rwanda, bizaganira ku bibazo biri hagati yabyo kugira ngo buri kimwe cyumve ikindi, bityo n’ibibazo bihari bibonerwe umuti.

Mu kiganiro Maxime Prévot yagiranye na Museveni kandi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yemeza ko na we ikibazo cya FDLR gikwiye gushakirwa umuti urambye, ndetse Congo ikagira imiyoborere ihamye yubahiriza uburengaznira bwa muntu, irwanya imvugo z’urwangano zikunze kumvikana muri kiriya Gihugu ziba zibasira bamwe mu Banyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

Next Post

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.