Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yasabye Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, kuva mu mujyi wa Goma amazemo icyumweru.
Martin Fayulu, wagiye wiyamamariza kuyobora iki Gihugu ariko agatsindwa amatora inshuro zinyuranye, yatangaje ibi kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025.
Yagize ati “Ndabasaba kuva mu Mujyi wa Goma, uyu mujyi wahowe Imana ariko uyu munsi ukaba urimo imitwe y’abanzi.”
Mu ijambo yagejeje ku bayoboke b’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ‘LAMUKA’ ayoboye, Martin Fayulu, yasabye Kabila kuyoboka inzira z’ibiganiro ari “na yo nzira yonyine ishobora gukosora amakosa yacu y’ahahise.”
Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, yavuze ko nta mpamvu n’imwe yagakwiye gutumwa Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ngo ajya gukorana n’abasenya iki Gihugu.
Joseph Kabila wari umaze amezi 18 ari mu buhungiro, yujuje icyumweru agarutse muri Congo aho yahise yerecyeza mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, aho akomeje kwakirira amatsinda atandukanye mu biganiro nyunguranabitekerezo bigamije kumva ibitekerezo by’ingeri zose kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu.
Mbere yuko Joseph Kabila ajya i Goma, yari yabanje kugeza ku Banyekongo ijambo risubiza Leta y’iki Gihugu asubiza ubutegetsi bwa Tshisekedi bwari bumaze kumwambura ubudahangarwa, aho yavuze ko ubu butegetsi bwamunzwe n’ibibazo uruhuri, bikwiye kurandurwa.
Joseph Kabila uherutse guhura n’ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 akomeje ibikorwa byo kwakira amatsinda anyuranye, aho mu cyumweru gishize yakiriye abarimo abayobozi b’amadini n’amatorero, abakuru b’imiryango gakondo ndetse n’abayobozi b’amashuri na za kaminuza.


RADIOTV10