Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yasabye Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, kuva mu mujyi wa Goma amazemo icyumweru.

Martin Fayulu, wagiye wiyamamariza kuyobora iki Gihugu ariko agatsindwa amatora inshuro zinyuranye, yatangaje ibi kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025.

Yagize ati “Ndabasaba kuva mu Mujyi wa Goma, uyu mujyi wahowe Imana ariko uyu munsi ukaba urimo imitwe y’abanzi.”

Mu ijambo yagejeje ku bayoboke b’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ‘LAMUKA’ ayoboye, Martin Fayulu, yasabye Kabila kuyoboka inzira z’ibiganiro ari “na yo nzira yonyine ishobora gukosora amakosa yacu y’ahahise.”

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, yavuze ko nta mpamvu n’imwe yagakwiye gutumwa Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ngo ajya gukorana n’abasenya iki Gihugu.

Joseph Kabila wari umaze amezi 18 ari mu buhungiro, yujuje icyumweru agarutse muri Congo aho yahise yerecyeza mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, aho akomeje kwakirira amatsinda atandukanye mu biganiro nyunguranabitekerezo bigamije kumva ibitekerezo by’ingeri zose kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu.

Mbere yuko Joseph Kabila ajya i Goma, yari yabanje kugeza ku Banyekongo ijambo risubiza Leta y’iki Gihugu asubiza ubutegetsi bwa Tshisekedi bwari bumaze kumwambura ubudahangarwa, aho yavuze ko ubu butegetsi bwamunzwe n’ibibazo uruhuri, bikwiye kurandurwa.

Joseph Kabila uherutse guhura n’ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 akomeje ibikorwa byo kwakira amatsinda anyuranye, aho mu cyumweru gishize yakiriye abarimo abayobozi b’amadini n’amatorero, abakuru b’imiryango gakondo ndetse n’abayobozi b’amashuri na za kaminuza.

Umunyapolitiki Martin Fayulu yasabye Kabila kuva i Goma
Joseph Kabila we akomeje ibikorwa bya politiki i Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Impuguke mu bya Gisirikare zo mu Bihugu bigize EAC ziri i Kigali

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.