Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yasabye Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, kuva mu mujyi wa Goma amazemo icyumweru.

Martin Fayulu, wagiye wiyamamariza kuyobora iki Gihugu ariko agatsindwa amatora inshuro zinyuranye, yatangaje ibi kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025.

Yagize ati “Ndabasaba kuva mu Mujyi wa Goma, uyu mujyi wahowe Imana ariko uyu munsi ukaba urimo imitwe y’abanzi.”

Mu ijambo yagejeje ku bayoboke b’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ‘LAMUKA’ ayoboye, Martin Fayulu, yasabye Kabila kuyoboka inzira z’ibiganiro ari “na yo nzira yonyine ishobora gukosora amakosa yacu y’ahahise.”

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, yavuze ko nta mpamvu n’imwe yagakwiye gutumwa Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ngo ajya gukorana n’abasenya iki Gihugu.

Joseph Kabila wari umaze amezi 18 ari mu buhungiro, yujuje icyumweru agarutse muri Congo aho yahise yerecyeza mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, aho akomeje kwakirira amatsinda atandukanye mu biganiro nyunguranabitekerezo bigamije kumva ibitekerezo by’ingeri zose kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu.

Mbere yuko Joseph Kabila ajya i Goma, yari yabanje kugeza ku Banyekongo ijambo risubiza Leta y’iki Gihugu asubiza ubutegetsi bwa Tshisekedi bwari bumaze kumwambura ubudahangarwa, aho yavuze ko ubu butegetsi bwamunzwe n’ibibazo uruhuri, bikwiye kurandurwa.

Joseph Kabila uherutse guhura n’ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 akomeje ibikorwa byo kwakira amatsinda anyuranye, aho mu cyumweru gishize yakiriye abarimo abayobozi b’amadini n’amatorero, abakuru b’imiryango gakondo ndetse n’abayobozi b’amashuri na za kaminuza.

Umunyapolitiki Martin Fayulu yasabye Kabila kuva i Goma
Joseph Kabila we akomeje ibikorwa bya politiki i Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − seven =

Previous Post

Impuguke mu bya Gisirikare zo mu Bihugu bigize EAC ziri i Kigali

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.