Thursday, September 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, wari wafunzwe muri Gashyantare ashinjwa kwakira ruswa ya 150 000 Frw, yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rutegeka ko ahita arekurwa.

Nteziyaremye Germain wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Rongi, yari yatawe muri yombi mu mpera za Gashyantare tariki 27.

Uyu wari Umuyobozi w’Umurenge, ubwo yatabwaga muri yombi, yari yafunganywe na Gatesi Francine, umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Nteziyaremye yaregwaga gusaba no kwakira indonke, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yahawe ibihumbi 150 Frw n’abantu kugira ngo abafungurize umuntu wabo witwa Nyandwi Charles.

Ni mu gihe uyu Gatesi Francine we yaregwaga icyaha cy’ubutatanyacyaha mu gusaba no kwakira indonke, gikozwe n’ufata ibyemezo mu Nzego z’Ubutabera, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko ari we wafashe icyemezo cyo kurekura uwo muntu wari watangiwe iriya ruswa.

Gusa Gatesi Francine we yaburanaga ari hanze, kuko we nyuma yaje kurekurwa by’agateganyo.

Mu maburanisha, Nteziyaremye yahakanaga ibyo yashinjwaga, akavuga ko ariya mafaranga ibihumbi 150 yiswe ko ari indonke, yari aya Kompanyi yitwa Ngali yari amande bari baciwe kubera gutema ishyamba rya Leta.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko, kuri uyu wa Gatatu tariki 10, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rwavuze ko rugendeye ku igenzura ryakozwe muri MTN ndetse n’imyeregurire y’uregwa ndetse n’ibimenyetso bidahagije byatanzwe n’Ubushinjacyaha, uyu wari Gitifu adahamwa n’icyaha.

Uretse kuba Urukiko rwategetse ko uyu Nteziyaremye ahita arekurwa, rwanasabye ko anasubizwa Telefone ye yari yafatiriwe ubwo hakorwaga igenzura.

Urukiko kandi rwanagize umwere uriya mukozi muri RIB waregwaga hamwe n’uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurnege wa Rongi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Next Post

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Related Posts

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

by radiotv10
11/09/2025
0

Umuntu umwe yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye ihene 200, zirimo 30 na zo...

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

by radiotv10
11/09/2025
0

Abaturage bagera mu ijana bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bamaze imyaka ikabakaba itatu basaba kwishyurwa ingurane...

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

by radiotv10
11/09/2025
0

For generations, the Church has played a central role in Rwandan society. It has been a place of guidance, comfort,...

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

by radiotv10
10/09/2025
0

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23...

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

by radiotv10
10/09/2025
0

Abapolisi 24 bamaze igihe bahabwa amahugurwa yihariye yo kurwanya iterabwoba, bagaragaje imwe mu myitozo bahakuye mu bijyanye no gukoresha imtwaro...

IZIHERUKA

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
IBYAMAMARE

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

11/09/2025
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

11/09/2025
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

11/09/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

11/09/2025
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

11/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.