Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Real Madrid n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, yanditse ubutumwa busaba imbabazi Abanya-Maroc, bwumvikanamo ko na we byamusigiye umubabaro ukomeye, ku buryo gukira ibikomere byawo bizamugora.

Ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wabaye ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, Brahim Diaz, kuba yarahushije penaliti ku munota wa nyuma byamuteye intimba, bituma asohora itangazo risaba imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu ya Maroc.

Aciye ku mbuga nkoranyambaga ze, Brahim Diaz yanditse ubutumwa burimo amarangamutima, ukwicuza no kugaragaza ko atameze neza kubera ibyamubayeho ku mukino wa nyuma wa CAN 2025 wabereye mu gihugu cy’iwabo.
Yanditse ati “Umutima wanjye urababaye cyane. Ndababaye mu buryo bukomeye, kuko nari mfite inzozi zo gutwara iki gikombe. Izo nzozi nazisangiye namwe, mbikesha urukundo mwanyeretse kuva ku munsi wa mbere. Ubutumwa mwanyandikiye, amagambo yanyu y’inkomezi n’uburyo mwanyegereye byatumye numva ntari jyenyine, n’igihe ibintu byari bikomeye.

Narwanye n’imbaraga zanjye zose. Narwanye n’umutima wanjye wose. Natanze byose mfite kugira ngo nishime kandi mbashimishe, ariko ejo, sinabigezeho. Naratsinzwe, kandi ndabyemera ntacyo nihishamo. Ni jye mfite inshingano zose zo kuba twaratsinzwe. Mbasabye imbabazi mbikuye ku ndiba y’umutima wanjye.”

Yakomeje avuga ko gukira igikomere byamuteye bizamugora, ariko asezeranya benewabo b’Abanya-Maroc ko atazacika intege kandi ko azaharanira kubagarurira ibyishimo.

Ati “Nzi ko gukira bizangora. Iki ni igikomere kitakira byoroshye, kandi kizansigira igihunga n’agahinda. Ariko nzagerageza kwiyubaka bundi bushya. Si ku bwanjye jyenyine, ahubwo ni ku bwanyu mwese mwanyizeye, no ku bw’abababaranye nanjye, mwese mwumvise ububabare bwanjye nk’aho ari ubwanyu.
Ndabasezeranya ko ntazahagarara. Nzomeza kugenda imbere, nubwo byangora. Nzaharanira umunsi umwe nzabasha kubasubiza uru rukundo mwampaye, mbagarurire ibyishimo, kandi mbe ishema ry’abaturage banjye b’Abanya-Maroc.”

Uyu mukinnyi yahembwe urukweto rwa zahabu ruhabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi, dore ko yatsinze ibitego bitanu mu mikino irindwi yakinnye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + five =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Related Posts

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.