Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi The Ben na Bruce Melodie bavuzweho guhangana no guhanganishwa n’abafana babo, bamwe bakanavuga ko hari inzigo hagati yabo, bagaragaye baganira.

Ihangana n’ihanganishwa ryabo ryageze n’aho havuka ibyiswe ‘Team Bruce’ na ‘Team Ben’, aho hari abavugaga ko bari ku ruhande rw’abashyigikiye umuhanzi umwe muri aba.

Uku guhangana cyangwa guhanganishwa kwakunze kuvugwa hagati y’aba bahanzi, birinze kugira byinshi bakuvugaho, ariko mu biganiro bagiye bagirana n’itangazamakuru, hari ubwo umwe yagiraga icyo abivugaho kikumvikanisha ko n’ubundi umubano wabo udahagaze neza.

Mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024, ubwo habaga ibirori Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriyemo abantu batandukanye, aba bahanzi bombi bari babyitabiriye, bagaragaye baganira, aho bari kumwe kandi n’umunyemari Coach Gael ufite inzu ya 1:55 AM na we byagiye bivugwa ko atajya imbizi na The Ben.

The Ben na Bruce Melodie bagaragaye baganira (Photo/Inyarwanda)

Uku kugaragara aba bahanzi bari kumwe, byabaye nyuma y’amashaka macye, The Ben agarutse ku mubano we na mugenzi we Bruce Melodie, aho yavuze ko yamutumiye mu gitaramo cye azamurikiramo album ye kizaba kuri uyu wa 01 Mutarama 2025.

The Ben kandi yavuze impamvu atitabiriye igitaramo giherutse gukorwa na Bruce Melodie cyo kumvisha abantu album ye nshya, aho yavuze ko yari yatumiwe ariko atabashije kukitabira kubira inshingano yarimo.

The Ben yagize ati “Nagomba kuba mpari ariko nari muri Kenya ngira ngo murabizi, nanisegura kuba ntarabonetse.”

Agaruka ku mubano we na Coach Gael batajyaga imbizi, The Ben yavuze ko biyunze. Ati “Turavugana buri munsi, ntabwo uko tuvuze tugomba guhita tubishyira hanze ku mbuga nkoranyambaga, ni inshuti, ni umuvandimwe, kandi dufite byinshi dushaka kubaka muri uyu mwaka uri imbere wa 2025, ndetse n’indi myaka iri imbere.”

Hashize iminsi kandi hagaragaye amafoto The Ben yahuye na Coach Gael, aho bivugwa ko bahuye ubwo biyungaga, bagashyira ku ruhande amasinde, ubundi bagakomeza urugendo rugana imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Menya ibikorwa bigize ibyaha biregwa abarimo abagore bane bakekwaho guhohotera abarokotse Jenoside

Next Post

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Related Posts

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.