Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi The Ben na Bruce Melodie bavuzweho guhangana no guhanganishwa n’abafana babo, bamwe bakanavuga ko hari inzigo hagati yabo, bagaragaye baganira.

Ihangana n’ihanganishwa ryabo ryageze n’aho havuka ibyiswe ‘Team Bruce’ na ‘Team Ben’, aho hari abavugaga ko bari ku ruhande rw’abashyigikiye umuhanzi umwe muri aba.

Uku guhangana cyangwa guhanganishwa kwakunze kuvugwa hagati y’aba bahanzi, birinze kugira byinshi bakuvugaho, ariko mu biganiro bagiye bagirana n’itangazamakuru, hari ubwo umwe yagiraga icyo abivugaho kikumvikanisha ko n’ubundi umubano wabo udahagaze neza.

Mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024, ubwo habaga ibirori Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriyemo abantu batandukanye, aba bahanzi bombi bari babyitabiriye, bagaragaye baganira, aho bari kumwe kandi n’umunyemari Coach Gael ufite inzu ya 1:55 AM na we byagiye bivugwa ko atajya imbizi na The Ben.

The Ben na Bruce Melodie bagaragaye baganira (Photo/Inyarwanda)

Uku kugaragara aba bahanzi bari kumwe, byabaye nyuma y’amashaka macye, The Ben agarutse ku mubano we na mugenzi we Bruce Melodie, aho yavuze ko yamutumiye mu gitaramo cye azamurikiramo album ye kizaba kuri uyu wa 01 Mutarama 2025.

The Ben kandi yavuze impamvu atitabiriye igitaramo giherutse gukorwa na Bruce Melodie cyo kumvisha abantu album ye nshya, aho yavuze ko yari yatumiwe ariko atabashije kukitabira kubira inshingano yarimo.

The Ben yagize ati “Nagomba kuba mpari ariko nari muri Kenya ngira ngo murabizi, nanisegura kuba ntarabonetse.”

Agaruka ku mubano we na Coach Gael batajyaga imbizi, The Ben yavuze ko biyunze. Ati “Turavugana buri munsi, ntabwo uko tuvuze tugomba guhita tubishyira hanze ku mbuga nkoranyambaga, ni inshuti, ni umuvandimwe, kandi dufite byinshi dushaka kubaka muri uyu mwaka uri imbere wa 2025, ndetse n’indi myaka iri imbere.”

Hashize iminsi kandi hagaragaye amafoto The Ben yahuye na Coach Gael, aho bivugwa ko bahuye ubwo biyungaga, bagashyira ku ruhande amasinde, ubundi bagakomeza urugendo rugana imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Menya ibikorwa bigize ibyaha biregwa abarimo abagore bane bakekwaho guhohotera abarokotse Jenoside

Next Post

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.