Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Sudan y’Epfo, yakuwe mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 (AFCON U17) iri kubera muri Algeria, kuko yabeshye imyaka ya bamwe mu bakinnyi bayo.

Iki Gihugu cyakuwe muri iri rushanwa nyuma yuko ibizamini byafashwe byagaragaje ndetse binemeza ko abakinnyi bayo 5 barengeje iyo myaka 17.

Abakinnyi bavutse ku ya mbere Mutarama 2006, cyangwa nyuma yaho gato, bo bemerewe gukina muri iri rushanwa ry’uyu mwaka.

Mu gushimangira ko abitabiriye iyi AFCON U17 batarengeje iyo myaka kandi bakaba bujuje ibisabwa n’iri rushanwa, ibizamini bigaragaza imyaka yabo byafashwe ku ya 26 Mata 2023.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Sudan y’Epfo, bwavuze ko bwajuririye iki cyemezo kuri Komite y’abaganga ba CAF, ariko ko ubu bujurire bwatewe utwatsi nyuma y’uko ibizamini bya mbere n’ibya kabiri byerekanye ibisubizo bimwe.

Mu kwezi k’Uwakira k’umwaka ushize, ni bwo iyi Sudan y’Epfo yabonye itike yo gukina iyi mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 ku nshuro yayo ya mbere, nyuma gukuramo Tanzania kuri penaliti 4-3.

Iki Gihugu cya Sudan y’Epfo kikaba cyari kiri mu itsinda rya 3, hamwe na Mali, Burkina Faso na Cameroon.

Amakipe ane (4) azaba aya mbere muri iri rushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17, muri uyu mwaka wa 2023, azahagararira umugabane wa Afurika muri FIFA U17 World Cup (igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17).

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 13 =

Previous Post

Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava

Next Post

Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Abasirikare ba Uganda bitwaje ibifaru bagaragaye berecyeza mu kandi gace muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.