Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, yazamuye mu mapeti Charity Bainababo wari ufite ipeti rya Colonel, amuha irya Brigadier General, yinjira mu basirikare b’abagore bacye bari ku rwego rw’Abajenerali.

Muri Mutarama 2017, igisirikare cya Uganda cyari cyanditse amateka yo kugira umusirikare w’umugore ufite ipeti rya Major General ari we Proscovia Nalweyiso wari ubaye umugore wa mbere ubonye iri peti mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, Perezida Yoweri Museveni yongeye kugaragaza ko abagore bashoboye azamura Charity Bainababo ku ipeti rya Brigadier General.

Brig Gen Charity Bainababo kandi yahise anahabwa inshingano nshya aho yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umutwe Udasanzwe w’Ingabo (Special Force).

Charity Bainababo ubu wamaze kwinjira mu cyiciro cy’Abajenerali, yagiye akora imyanya inyuranye mu nzego z’umutekano za Uganda aho ubu yari asanzwe ari mu bahagarariye UPDF mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda akaba yari anayoboye abasirikare bari mu Nteko.

Yanabaye umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi rishinzwe kurinda abanyacyubahiro bakomeye nk’umufasha wa Museveni, Janet Museveni.

Abasirikare b’abagore bari ku rwego rwa General ntibakunze kuba benshi mu Gisirikare cyo mu Bihugu byo muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba nko mu Rwanda abafite ipeti ryo hejuru, ari abafite irya Lieutenant Colonel barimo Lydia Bagwaneza ufite amateka akomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.