Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, yazamuye mu mapeti Charity Bainababo wari ufite ipeti rya Colonel, amuha irya Brigadier General, yinjira mu basirikare b’abagore bacye bari ku rwego rw’Abajenerali.

Muri Mutarama 2017, igisirikare cya Uganda cyari cyanditse amateka yo kugira umusirikare w’umugore ufite ipeti rya Major General ari we Proscovia Nalweyiso wari ubaye umugore wa mbere ubonye iri peti mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, Perezida Yoweri Museveni yongeye kugaragaza ko abagore bashoboye azamura Charity Bainababo ku ipeti rya Brigadier General.

Brig Gen Charity Bainababo kandi yahise anahabwa inshingano nshya aho yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umutwe Udasanzwe w’Ingabo (Special Force).

Charity Bainababo ubu wamaze kwinjira mu cyiciro cy’Abajenerali, yagiye akora imyanya inyuranye mu nzego z’umutekano za Uganda aho ubu yari asanzwe ari mu bahagarariye UPDF mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda akaba yari anayoboye abasirikare bari mu Nteko.

Yanabaye umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi rishinzwe kurinda abanyacyubahiro bakomeye nk’umufasha wa Museveni, Janet Museveni.

Abasirikare b’abagore bari ku rwego rwa General ntibakunze kuba benshi mu Gisirikare cyo mu Bihugu byo muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba nko mu Rwanda abafite ipeti ryo hejuru, ari abafite irya Lieutenant Colonel barimo Lydia Bagwaneza ufite amateka akomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + nine =

Previous Post

Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.