Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ikigiye gukurikira icyemezo cy’Urukiko ku ngingo irebana n’ibiterasoni byigeze kuzamura impaka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko ingingo y’ 143 y’Itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano ivuga ku biterasoni, isobanutse; abari batanze ikirego bavuga ko inyuranyije n’Itegeko Nshinga bashingiye ku wigeze kujyanwa mu nkiko kubera imyambarire yagarutsweho cyane, bavuze ko banyuzwe, bakaba bagiye kurushaho gukora ubukangurambaga kugira ngo iyi ngingo yumvikane uko iri.

Ingingo y’ 143 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ifite umutwe ugira uti “Gukora ibiterasoni mu ruhame”, ikomeza ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2). “

Iyi ngingo yazamuye impaka muri Nyakanga 2022 ubwo umukobwa witwa Liliane Mugabekazi yafungwaga hashingiwe ku buryo yari yambaye mu gitaramo cy’umuhanzi Tay C cyabereye muri BK Arena ku wa 30 Nyakanga 2022.

Nyuma y’urubanza rutamaze igihe, Mugabekazi yaje gufungurwa by’agateganyo ku wa 19 Kanama 2022 bisabwe n’ubushinjacyaha.

Umuryango uharanira Uburenganzira bw’abari n’abategarugori wa FADA-Rwanda, waje gutanga Ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga usaba kwemeza ko iyi ngingo inyuranije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zaryo za 13, 15 na 16.

FADA yavugaga ko kuba umuntu yahanirwa uko yambaye byaba binyuranyije n’ingingo ya 13 y’Itegeko Nshinga, ivuga ko bihungabanya ukudahangarwa kwe bikamwambura kuba umunyagitinyiro n’uburenganzira busesuye bwo kwisanzura ku mubiri we nk’uko biteganywa n’iyi ngingo ya 13 y’Itegeko Nshinga.

Ingingo imwe mu zigize umwanzuro w’Ikirego, yerekana ko hari n’impungenge zishingiye k’ukwiye kugena icyo ibyo biterasoni ari byo, bitewe n’imyumvire ye. Hari aho umuntu umwe ashobora kwitwa ko yakoze ibiterasoni mu ruhame mu gihe birebwe n’undi yakwemeza ko nta biterasoni birimo.

Tariki 26 Mata 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwasomye icyemezo cyarwo kuri iki kirego, rwemeza ko iyi ngingo y’ 143 y’itegeko Riteganya ibyaha n’Ibihano muri rusange isobanutse, ahubwo ko ikibazo cyaba mu kuyisobanura.

Hassna Murenzi washinze uyu muryango FADA akaba ari na we uwukuriye, yavuze ko kuri bo iki cyemezo batagifata nko gutsindwa urubanza rw’ikirego bari batanze.

Ati “Ni intsinzi ku mugore, uburinganire kuri njye mpita mbubona, usibye ko hakirimo urujijo. Ndabyumva wenda abanyamategeko bafite uburyo babyumvamo, abaturage bafite uburyo babyumvamo ariko twebwe mu by’ukuri ntabwo twareze Leta nk’Urwego tuvuga ngo ‘ntabwo twisanzuye, cyangwa nta burenganzira dufite’ oya, ahubwo byari mu buryo bwo kugira ngo itegeko risobanuke, kugira ngo hatazagira rumwe rubogamirwa.”

Hassna Murenzi avuga kandi ko nk’uko Urukiko rwavuze ko hagikenewe ubukangurambaga bwo gusobanura ibiteganywa n’iriya ngingo, uyu muryango FADA na wo wiyemeje gukomeza gukorana n’indi miryango kugira ngo iyi ngingo isobanuke, bityo ntihazagire urengana kuko itumviswe neza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fiacre says:
    1 year ago

    Ahubwo sinzi impamvu Leta itabakurikirana kuko mu Rwanda ibiterasoni bimaze kuba ndengakamere.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi yakoresheje amagambo aremereye amunenga ibyo yamukoreye

Next Post

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Related Posts

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

IZIHERUKA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero
MU RWANDA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

13/10/2025
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.